Muri kiganiro yagiranye na Jeune Afrique ku itariki ya 20 Kamena, Musenyeri Fulgence Muteba Mugalu yashimangiye ko Kiliziya atari “umufatanyabikorwa w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa umwanzi w’ubutegetsi” ariko ngo ku rundi ruhande, Perezida wa Congo asa nk’aho akikijwe n’abantu babi.
Ati “Nzi neza ko umurimo we (Tshisekedi) utoroshye kandi ntabwo ndi mu mwanya wo kumwigisha. Arimo gukora uko ashoboye, ariko ndicuza kuba abantu yashyize mu butegetsi bwe batarigeze bafata ingamba mu nyungu z’Abanyekongo”
Kugira ngo yinjire mu mateka ya Congo, agomba gukina umukino wa demokarasi utaryarya kandi w’ukuri, wubaha amahame remezo yo kugendera ku mategeko, kandi agategura amatora yo mu bwisanzure, yizewe, mu mucyo kandi ahuriweho na bose.
Yabajijwe kandi icyo asubiza ishyaka UDPS riri ku butegetsi iyo rishinja Kiliziya Gaturika gushyikira abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Ati “Kiliziya ntawe riri inyuma. irengera gusa inyungu rusange, indangagaciro z’ubutumwa bwiza, ubutabera, amategeko, amahame ya demokarasi, cyane cyane, icyubahiro ntagereranywa cy’umuntu. Ntabwo dukora politiki, ahubwo dukurikiza imyitwarire ya politiki kubw’igihugu cyacu ndetse n’abagituye bahura n’ibibazo cyane.
Cenco [Inama y’Abepiskopi y’igihugu] ntabwo ari umufatanyabikorwa w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa umwanzi w’ubutegetsi. Irasaba, ariko ntabwo itegeka, nubwo ububasha mu by’imyitwarire ifite busobanura ishingiro ryo kuyumva no kuyubaha”.
Kiliziya Gatorika ntizemera ko hagira umukandida uhezwa mu matora ya perezida.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…