POLITIKE

RDC: Perezida Tshisekedi yashinjwe na Musenyeri ibibazo by’igihugu cye gifite

Muri kiganiro yagiranye na Jeune Afrique ku itariki ya 20 Kamena, Musenyeri Fulgence Muteba Mugalu yashimangiye ko Kiliziya atari “umufatanyabikorwa w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa umwanzi w’ubutegetsi” ariko ngo ku rundi ruhande, Perezida wa Congo asa nk’aho akikijwe n’abantu babi.

Ati “Nzi neza ko umurimo we (Tshisekedi) utoroshye kandi ntabwo ndi mu mwanya wo kumwigisha. Arimo gukora uko ashoboye, ariko ndicuza kuba abantu yashyize mu butegetsi bwe batarigeze bafata ingamba mu nyungu z’Abanyekongo”

Musenyeri Fulgence Muteba Mugalu washinje Perezida Tshisekedi ibibazo bya DRC

Kugira ngo yinjire mu mateka ya Congo, agomba gukina umukino wa demokarasi utaryarya kandi w’ukuri, wubaha amahame remezo yo kugendera ku mategeko, kandi agategura amatora yo mu bwisanzure, yizewe, mu mucyo kandi ahuriweho na bose.

Yabajijwe kandi icyo asubiza ishyaka UDPS riri ku butegetsi iyo rishinja Kiliziya Gaturika gushyikira abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ati “Kiliziya ntawe riri inyuma. irengera gusa inyungu rusange, indangagaciro z’ubutumwa bwiza, ubutabera, amategeko, amahame ya demokarasi, cyane cyane, icyubahiro ntagereranywa cy’umuntu. Ntabwo dukora politiki, ahubwo dukurikiza imyitwarire ya politiki kubw’igihugu cyacu ndetse n’abagituye bahura n’ibibazo cyane.

Cenco [Inama y’Abepiskopi y’igihugu] ntabwo ari umufatanyabikorwa w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa umwanzi w’ubutegetsi. Irasaba, ariko ntabwo itegeka, nubwo ububasha mu by’imyitwarire ifite busobanura ishingiro ryo kuyumva no kuyubaha”.

Kiliziya Gatorika ntizemera ko hagira umukandida uhezwa mu matora ya perezida.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago