RWANDA

U Rwanda rwavuze ku mwanzuro wo gukumira abimukira koherezwa mu Rwanda

U Rwanda ntirwumva kimwe n’ibyo Urukiko rw’Ubujurire rwo mu Bwongereza rwavuze ko atari igihugu gitekanye cyakwakira abimukira.

Advertisements

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bitekanye kurusha ibindi ku Isi ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku mpunzi rikaba ryaremeje ko ari intangarugero mu kwakira abimukira n’impunzi.

Yongeraho ati: “U Rwanda ni kimwe mu bihugu bitekanye kurusha ibindi ku isi kandi rwemejwe na UNHCR n’izindi nzego mpuzamahanga kuba intangarugero mu kwakira impunzi.

“Tugira uruhare rufatika mu guhangana n’ingaruka z’ikibazo cy’abimukira ku isi. Abanyarwanda bazi icyo bisobanuye guhunga iwanyu no gukora ubuzima bushya mu kindi gihugu.

“Nka sosiyete na leta, twubatse ahantu hatekanye, hakwiye, hiyubashye hatuma abimukira n’impunzi bagira uburenganzira bumwe n’amahirwe nk’Abanyarwanda.

“Buri wese wimuriwe hano muri ubwo bufatanye azungukira muri ibi”.

Penny Mordaunt wo muri leta y’u Bwongereza akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, asubiza kuri uyu mwanzuro mu nteko yavuze ko “ari icyemezo kivanze” kuko ngo abacamanza “banemeje ko u Rwanda ari igihugu (cyo kuboherezamo) gitekanye.”

Yagize ati: “Twubaha umwanzuro w’urukiko kandi ndibaza ko hari itangazo riza gusohoka uyu munsi rivuye mu biro bya minisitiri w’ubutegetsi”.

Leta y’Ubwongereza yumvikanye n’iy’u Rwanda ku kohereza abimukira binjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, hagamijwe ahanini guca intege abandi babigerageza.

Uyu mugambi wanenzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bw’impunzi, abatavugarumwe n’ubutegetsi ku mpande zombi ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko yiteguye kujuririra mu rukiko rw’ikirenga icyemezo cy’urukiko rw’ubujurire gitesha agaciro gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.

Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak yavuze ko u Rwanda ari igihugu gitekanye ndetse ko nta kibazo abimukira bahagirira.

Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

4 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago