MU MAHANGA

RDC: Haravugwa inama karundura yahuje FARDC n’indi mitwe y’inyeshyamba ishaka gusubiza inyuma M23

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo haravugwa inama karundura yateranye igahuza igisirikare cya FARDC n’indi mitwe irimo na FDLR mu mugambi wo gusubiza inyuma M23.

Imyanzuro y’ibyavuye muri iyo nama karundura yateguwe na FARDC igahuza FDLR n’indi mitwe y’inyeshyamba isanzwe ibafasha kurwanya M23, yasojwe hafashwe umwanzuro wo gusubiza M23 muri Sabyinyo.

Yitabiriwe n’imitwe y’inyeshyamba irenga 5 hafatiwemo imyanzuro yemeza ko kuwa 15 Nyakanga(7) 2013 bagomba kuba bamaze kwisubiza uduce twose M23 yari yarigaruriye ndetse bakagaba ibitero bikomeye mu duce izi nyeshyamba ziherereyemo, hanyuma zisubizwe muri Sabyinyo.

Ibi kandi ngo byatangiye gushyirwa mu bikorwa nk’uko Col Niyibizi yabibwiye abari bitabiriye iyi nama, avuga ko batangiye kugaba ibitero mu bice bitandukanye, birimo, Kitagoma, Kinyandonyi na Giseguro, kandi ko ibice bya Kiwanja, Rutshuru na Jomba bitarenze kuwa 15 Nyakanga hagomba kuba babifite mu maboko.

Iyi mitwe ya CMC ya Domi,CMC ya Bigabo, FDLR, hamwe na Mai Mai Kabido bose biyemeje ko M23 bazayisubiza aho yavuye nk’uko babyivugira, ndetse biyemeje ko iriya Taliki itagomba gusiga batarabikora.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago