INKURU ZIDASANZWE

Ubufaransa: Abarenga 400 batawe muri yombi bazira imyigaragambyo y’urupfu rw’umwana w’imyaka 17

Ku wa kane tariki 29 Kamena, abantu barenga 400 batawe muri yombi mu Bufaransa, ubwo imyigaragambyo yabaga mu gihugu mu ijoro rya gatatu nyuma y’iraswa ry’amasasu n’abapolisi ry’aguyemo umuhungu ukiri muto.

Advertisements

Ku wa kabiri, tariki ya 27 Kamena, imvururu zabaye nyuma y’amasaha make abapolisi bahagaritse imodoka yerekezaga i Nanterre ahaje kuraswa umwana witwa Nahel w’imyaka 17 ubwo yageragezaga gushaka kubacika.

Abapolisi bazwi nka RAID, boherejwe mu mijyi ya Bordeaux, Lyon, Roubaix, Marseille na Lille, kugira ngo bahagarike iyo myigaragambyo. Ariko bivugwa ko imvururu yadutse hagati y’abigaragambyaga n’abapolisi mu gace ka Nanterre, aho uyu musore w’imyaka 17 yiciwe.

Banki yatwitswe muri Nanterre, nk’uko amafoto abigaragaza, abantu 15 bajyanywe imbere ya polisi kugirango babazwe kuri izo mvururu z’urugomo bakoze mu rwego rwo kwibuka uwo mwana muto wari wishwe.

Nk’uko CNN ishami rya BFMTV ribitangaza ngo abigaragambyaga bateye imiriro ku bapolisi i Marseille.

Minisitiri w’imbere mu gihugu w’Ubufaransa Gerald Darmanin yabwiye BFMTV ko byibuze abantu 421 batawe muri yombi mu myigaragambyo yabereye mu Bufaransa kuva mu ijoro ryo ku wa kane kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu.

BFMTV yatangaje ko abarenga kimwe cya kabiri cy’abo batawe muri yombi babereye mu gace ka Paris, mu mashami ya Hauts-de-Seine, Seine-Saint-Denis na Val-de-Marne.

BFMTV ivuga ko Perezida w’Igihugu cy’Ubufaransa yiteguye gukora inama kuwa gatanu nyuma y’ibyabaye mu ijoro ryo kuwa Kane.

Abayobozi bari bizeye ko hatavuka imvururu yagera kuri urwo rwego, ubwo abapolisi, amazu yo mu mujyi ndetse n’amashuri byatwikwaga mu mijyi itandukanye maze hagafatwa abantu bagera ku 150. Minisiteri w’imbere mu gihugu yavuze ko bateganya kohereza abapolisi 40.000 mu gihugu hose ku wa kane-harimo 5.000 bagomba kwerekeza i Paris – kugira ngo bahoshe imvururu zishobora kuba.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago