MU MAHANGA

Perezida w’u Burundi Evariste yakoze ku mushahara we atanga ishimwe kuba Minisitiri bibiri

Perezida w’u Burundi Ndayishimiye Evariste yakoze benshi ku mutima aremera aba Minisitiri babiri bari ku butegetsi, amafaranga yakuye ku mushahara we.

Advertisements

Kuri Minisitiri w’inyubako n’imihanda, Perezida Ndayishimiye yagize ati “Uvuga rimwe, akumva gatanu. Ngira ngo abakoraga urugendo rwa Bujumbura-Gitega, ubu igitoro musigaye munywa cyaragabanyutse, n’imodoka zagendaga zita ibyuma mu nzira, bu ntizikibita.”

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yahaye ishimwe ba Minisitiri be

Kuri Minisitiri w’umutekano w’imbere. Ndayishimiye yasobanuye ati: “Uwo Minisitiri akurikirana ubuzima bw’abenegihugu nk’uko abishinzwe. Ba Guverineri barabizi. Umuruho nari mfite mbere, si wo mfite ubu. Ariko nyine n’uwo yasimbuye na we nyine yari umukozi, ni cyo gituma na we yabonye agashimwe, murabona ko dusigaye twicarana imbere [ni Gervais Ndirakobuca, Minisitiri w’Intebe].”

Ku munsi w’ubwigenge u Burundi bwizihije tariki ya 1 Nyakanga 2023, Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko nta midali yambika aba ba Minisitiri kubera ko batari ku rutonde rw’abatoranyijwe na komite ibishinzwe, gusa yabemereye amafaranga y’Amarundi miliyoni 10 kuri buri umwe.

Yagize ati: “Mu kigega hari amafaranga abenegihugu muhora munteganyiriza yo gufasha no gukora ibikorwa by’iteka mu gihugu. None rero, ndabahaho umwe umwe miliyoni 5. Babaye icyitegererezo kandi mbateye intege.”

Hari abandi batoranyijwe na komite ibishinzwe bahawe ishimwe kubera ibikorwa by’ubutwari bakoze. Barimo umugore wa Perezida Ndayishimiye, Angeline Ndayubaha, na Caporal Nduwayo Jean Claude witangiye umuyobozi we ubwo umutwe witwaje intwaro wa Al Shabab wagabaga igitero ku ngabo z’u Burundi muri Somalia.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago