IMIKINO

Perezida Kagame yaburiye abayobozi bangije Ruhago Nyarwanda ivugwamo ‘amarozi’

Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho mu kiganiro n’Itangazamakuru cyanyuze kuri Televiziyo y’Igihugu, aho Perezida Kagame yavuze ko abashinzwe kureberera umupira w’amaguru basa n’abatazi neza igikenewe, ahubwo bakawica gusa.

Perezida Kagame yakomoje ku makosa akorwa atuma udatera imbere arimo kwijandika mu tuntu tw’amafuti tudafite agaciro usanga ahanini dushingiye ku kwikubira.

Perezida Kagame yagize ati “Ugasanga aho kwitoza bihagije, aho gukora ibyangombwa bihagije bari aho bari mu ndagu, bari mu marozi, cyangwa gutanga bituga… Ibyo ubwabyo ni byo bintu bya mbere bigomba guhagarara.”

Perezida Kagame yabwiye abayobora umupira ko basigaranye agahe gatoya cyane kuburyo bakwiye gukosora ibintu vuba cyane ko agiye kwishakamo akanya akaza kubikurikirana.

Ati “Mbonereho mbahe ubutumwa abo bawurimo, ndaje mbikurikirane kandi nizeyeko bizagenda neza, abarimo bakora amakosa ntibizabagwa neza kandi basigaranye agahe gatoya cyane. Ndaje kandi ndizera ko bitazananirana”.

U Rwanda rumaze imyaka ibarirwa mu binyacumi rutagaragara mu marushanwa mpuzamahanga y’umupira w’amaguru, kuko akenshi rukurwamo ku ikubitiro.

Byose bishinjwa politiki idahamye y’umupira w’amaguru idashingiye ku bakiri bato n’igisa n’amakosa cyangwa mafiya ziwurimo mu buryo budatuma hari intambwe iterwa ijya imbere.

Ikipe y’Igihugu Amavubi ntuheruka mu mikino mpuzamahanga

Christian

Recent Posts

Perezida Kagame yahishuye icyatumye yubaka inzu mu Bugesera

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…

59 mins ago

Rutahizamu wa Rayon Sports y’Abagore yerekeje muri Portugal

Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…

2 hours ago

Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije bavuzweho kuroga ikipe ya Kiyovu Sports barekuwe

Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…

2 hours ago

Ubujurire ku mitungo yo kwa Rwigara bwateshejwe agaciro

Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo  Rwigara cyasomwe mu…

6 hours ago

Rayon Sports yaguze myugariro wabaye mwiza muri Senegal

Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…

1 day ago

Ubwongereza: Ishyaka ‘Labour Party’ ryarwanyije gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ryatsinze amatora

Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…

1 day ago