IMIKINO

Perezida Kagame yaburiye abayobozi bangije Ruhago Nyarwanda ivugwamo ‘amarozi’

Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho mu kiganiro n’Itangazamakuru cyanyuze kuri Televiziyo y’Igihugu, aho Perezida Kagame yavuze ko abashinzwe kureberera umupira w’amaguru basa n’abatazi neza igikenewe, ahubwo bakawica gusa.

Advertisements

Perezida Kagame yakomoje ku makosa akorwa atuma udatera imbere arimo kwijandika mu tuntu tw’amafuti tudafite agaciro usanga ahanini dushingiye ku kwikubira.

Perezida Kagame yagize ati “Ugasanga aho kwitoza bihagije, aho gukora ibyangombwa bihagije bari aho bari mu ndagu, bari mu marozi, cyangwa gutanga bituga… Ibyo ubwabyo ni byo bintu bya mbere bigomba guhagarara.”

Perezida Kagame yabwiye abayobora umupira ko basigaranye agahe gatoya cyane kuburyo bakwiye gukosora ibintu vuba cyane ko agiye kwishakamo akanya akaza kubikurikirana.

Ati “Mbonereho mbahe ubutumwa abo bawurimo, ndaje mbikurikirane kandi nizeyeko bizagenda neza, abarimo bakora amakosa ntibizabagwa neza kandi basigaranye agahe gatoya cyane. Ndaje kandi ndizera ko bitazananirana”.

U Rwanda rumaze imyaka ibarirwa mu binyacumi rutagaragara mu marushanwa mpuzamahanga y’umupira w’amaguru, kuko akenshi rukurwamo ku ikubitiro.

Byose bishinjwa politiki idahamye y’umupira w’amaguru idashingiye ku bakiri bato n’igisa n’amakosa cyangwa mafiya ziwurimo mu buryo budatuma hari intambwe iterwa ijya imbere.

Ikipe y’Igihugu Amavubi ntuheruka mu mikino mpuzamahanga

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

4 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago