Perezida wa Repubulika Paul Kagame ukunze kwibazwaho imibereho ye dore ko akunze kugira inshigano nyinshi yavuze kubimumara stress.
Ibi yabigarutseho kuri uyu wa kabiri tariki 4 Nyakanga 2023 mu kiganiro cyabaye kuri iki gicamunsi cyatambutse kuri Television y’Igihugu.
Aha yagarukaga ku bayobozi baba badashobora gushyira mu nshingano ibyo biyemeje bituma benshi bagira stress ariko aribo babyiteye, kuri Perezida Kagame we avuga ko mu buryo bwo kwirinda izo stress, afata umwanya rimwe na rimwe akagerageza gukora siporo, agafata amafanguro arobanuye, akaruhuka.
Ati “Kuri njyewe nk’uko warubimbajije siporo ndayikora, mpitamo ibyo mfungura ntabwo mpfa gufungura ibibonetse byose.”
Umukuru w’igihugu mu gukomeza yanavuze ko bimwe binyobwa birimo n’iza Alcohol zica abantu we atazikoza cyane keretse nka kwakundi aba yasuye umuntu akamuzimanira akarahure kamwe.
Ati “Zimwe muri izi zonga zirimo n’izica abantu navuga ko ntazikoza, keretse kwakundi naje iwawe ukanzimanira nshobora gufata ikirahure kimwe.”
Ibindi yongeyeho ni akazi avuga ko agakora uko ashoboye karangira agafata umwanya w’akaruhuko cyangwa akaganira n’abantu, agaha n’umwanya by’umwihariko umuryango we.
Perezida Kagame yavuze ko hari igihe yumva agize ibibazo ariko mu buryo bwo kwirinda ko bifata indi ntera ahubwo ntuza akumva ko akwiriye gukora ibyo ashoboye ibyo adashoboye ntabikore.
Ati “Ni muri ubwo buryo umuntu abashaka kumenya uko abigenzura, ni uburyo bwo kwimenya uko ugenzura ibyo urimo kugira ngo wirinde iyo stress biterwa n’umuntu ku giti cye.”
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…