Perezida wa Repubulika Paul Kagame ukunze kwibazwaho imibereho ye dore ko akunze kugira inshigano nyinshi yavuze kubimumara stress.
Ibi yabigarutseho kuri uyu wa kabiri tariki 4 Nyakanga 2023 mu kiganiro cyabaye kuri iki gicamunsi cyatambutse kuri Television y’Igihugu.
Aha yagarukaga ku bayobozi baba badashobora gushyira mu nshingano ibyo biyemeje bituma benshi bagira stress ariko aribo babyiteye, kuri Perezida Kagame we avuga ko mu buryo bwo kwirinda izo stress, afata umwanya rimwe na rimwe akagerageza gukora siporo, agafata amafanguro arobanuye, akaruhuka.
Ati “Kuri njyewe nk’uko warubimbajije siporo ndayikora, mpitamo ibyo mfungura ntabwo mpfa gufungura ibibonetse byose.”
Umukuru w’igihugu mu gukomeza yanavuze ko bimwe binyobwa birimo n’iza Alcohol zica abantu we atazikoza cyane keretse nka kwakundi aba yasuye umuntu akamuzimanira akarahure kamwe.
Ati “Zimwe muri izi zonga zirimo n’izica abantu navuga ko ntazikoza, keretse kwakundi naje iwawe ukanzimanira nshobora gufata ikirahure kimwe.”
Ibindi yongeyeho ni akazi avuga ko agakora uko ashoboye karangira agafata umwanya w’akaruhuko cyangwa akaganira n’abantu, agaha n’umwanya by’umwihariko umuryango we.
Perezida Kagame yavuze ko hari igihe yumva agize ibibazo ariko mu buryo bwo kwirinda ko bifata indi ntera ahubwo ntuza akumva ko akwiriye gukora ibyo ashoboye ibyo adashoboye ntabikore.
Ati “Ni muri ubwo buryo umuntu abashaka kumenya uko abigenzura, ni uburyo bwo kwimenya uko ugenzura ibyo urimo kugira ngo wirinde iyo stress biterwa n’umuntu ku giti cye.”
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…