Umwongereza Steven Gerrard wabaye icyamamare mu ikipe ya Liverpool yagizwe umutoza mushya wa Al-Ettifaq ibarizwa muri Shampiyona yo muri Arabia Sawudite.
Kuwa mbere tariki 3 Nyakanga, nibwo iy’ikipe ibarizwa mu cyiciro cya mbere cya shampiyona muri Arabia Sawudite yerekanye ku mugaragaro ko yamaze kwibikaho Steven Gerrard nk’umutoza mushya wayo.
Mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga bwemeza ko bamaze kweguka Steven Gerrard.
Bagize bati “Nihe umunyabigwi wamubona, twishimiye gutangaza ko Steven Gerrard ari umutoza mushya mukuru wacu.”
Iy’ikipe yatangaje ko kwakira uyu munyabigwi muri iy’ikipe ari ikintu gikomeye kuko biteze ko azanye amateka meza n’ejo hazaza mu ikipe ya Al-Ettifaq.
Gerrard wegukanye ibikombe bitandukanye yatangiye umwuga we w’ubutoza ubwo yari yagizwe umutoza w’’urubyiruko mu ikipe ya Liverpool FC yahozemo.
Nyuma yaje kwegukana Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Scotland atoza Rangers; atwara igikombe cye cya mbere nk’umutoza.
Gerrard w’imyaka 43 wakanyujijeho mu ikipe ya Liverpool Fc, yanabashije guhabwa akazi mu ikipe ya Aston Villa n’ubwo yaje kwirukanwa, nyuma yo kubona intsinzi ebyiri gusa mu mikino 12.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…