Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 5 Nyakanga 2023, nibwo ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda kifashishije urubuga rwa rwabo rwa Twitter cyatangaje ko umupaka wa Rwempasha uhuza u Rwanda na Uganda watangiye gukora.
Uyu mupaka mushya uherereye mu Ntara y’Uburasirazuba, mu Karere ka Nyagatare ho mu Murenge wa Rwempasha mu Kagari ka Rugarama.
Ni mu butumwa bagize bati “Ubuyobozi Bukuru Bushinzwe abinjira n’abasohoka, buramenyesha abaturage ko umupaka mushya wa Rwempasha/Kizinga uhuza u Rwanda na Uganda mu karere ka Nyagatare, ufunguye ku bagenzi bose guhera uyu munsi tariki 5 Nyakanga 2023.”
Uyu mupaka wafunguwe bwa mbere mu 2007 nyuma y’uko abaturage benshi bari bamaze kugaragaza ko hakorerwa ubucuruzi bwambukiranya imipaka ku buryo hekenewe umupaka.
Amakuru avuga ko uyu mupaka wari umaze igihe ufunze kubera imirimo yo kuwuvugurura kugira ngo ujyane n’igihe.
Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bakiranye ubwuzu ifungurwa ry’umupaka mushya wa Rwempasha uhuza u Rwanda na Uganda. Aho bavuga ko uzakemura ikibazo cy’abambuka banyuze mu nzira zitemewe.
Uyu mupaka witezweho no kunoza ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi.
Uyu mupaka kandi uje wiyongera ku yindi mipaka itatu ari yo Cyanika, Gatuna na Kagitumba.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…