INKURU ZIDASANZWE

Ikiyobyabwenge cya ‘Cocaine’ cyasanzwe muri White House

Ku Cyumweru, tariki 2 Nyakanga bamwe mu bakorera mu nyubako ya White House bikanze ikintu gisa n’ifu y’umweru, nyuma ariko y’ubugenzuzi bwakozwe basanze ari ikiyobyabwenge cya ‘Cocaine’.

Advertisements

Iy’ifu y’umurogi aho yatahuwe mu gice cya ‘west wing’ ngo hashoboraga gushyira no kutezaga akaga ku mugoroba w’icyo cyumweru bamwe mu bakozi bake babahakorera barahimurwa.

Cocaine yatahuwe muri White House

Icyo gihe Perezida Joe Biden ntabwo yari ahari, kuko yari yagiye kuruhuka muri wikendi ahazwi nka Camp David.

Abakorera mu rwego rw’ibanga rushinzwe umutekano wa perezida, rwihutiye gukemura icyo kibazo, hamwe n’abakozi bashinzwe ubutabazi bakora ibizamini bya mbere kuri iyo ifu nyma yaho nibwo mu bisubizo baje gusanga ari ubwoko bw’ikiyoyabyabwenge cya Cocaine.

Kuri ubu bivugwa ko abayobozi barimo kugerageza kumenya uburyo ibyo bintu byinjiye muri iyo nyubako ya White House isanzwe ikoreramo umukuru w’Igihugu cya Amerika nyuma y’umukozi atahuye ifu mu gihe yakoraga amasuku bisanzwe.

Ibi bije nyuma kandi y’amakuru aherutse gutangazwa kuwa 30 Kamena, y’umwana w’imfura wa Perezida Joe Biden, Hunter Biden w’imyaka 53 waruherutse kwemeza ko yari yarabaswe no kunywa ikiyobyabwenge cya cocaine.

Ibyo yabitangaje mbere y’uko bombi na Se berekeza kuruhuka muri wikendi ahazwi nka Camp David. Gusa kuwa kabiri bahise basubira i Washington.

Muri Mata, ibihuha byakwirakwijwe ko umuhungu w’imfura ya Perezida ashobora kuba yarabaye muri White House igihe runaka mu buryo bwo kwiyegereza Nyina wakundaga umwuzukuru we cyane.

Mu nyandiko ye yise “Ibintu byiza,” Hunter yasobanuye neza intambara yamaze imyaka myinshi arwanya ibiyobyabwenge bya cocaine, avuga ko byakajije umurego nyuma y’urupfu rw’umuvandimwe we Beau mu 2015.

Ikigo cya Leta zunze ubumwe za Amerika gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge kivuga ko cocaine ari ikiyobyabwenge kiza ku rutonde rwa II hashingiwe ku itegeko rigenga ibiyobyabwenge, kandi bikaba biri mu rwego rwo hejuru mu bikoreshwa cyane muri icyo gihugu.

West Wing ni igice kinini, cy’inzego nyinshi za White House gikubiyemo ibiro bya perezida wa Amerika, harimo ibiro bya Oval hamwe n’icyumba cy’ubugenzuzi.

Irimo kandi ibiro bya visi-perezida, umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida w’Amerika, ibiro by’umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru, n’abandi bakozi babarirwa mu magana bafite akazi muri iyo nyubako.

Ikiyobyabwenge cya ‘Cocaine’ cyasanzwe muri White House

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago