IMYIDAGADURO

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Jamie Foxx

Umukinnyi wa filime w’umwongereza John Boyega yatangaje ko mugenzi we Jamie Foxx utari worohewe n’ubuzima kuri ubu atangiye kumera neza nyuma yo kwitabwaho uko bikwiriye.

Advertisements

Boyega w’imyaka 31 hamwe na Jamie Foxx w’imyaka 55, ni bamwe mu bakinnyi bazagaraga muri filime nshya ya The Cloned Tyrone iteganyijwe kujya hanze mu mpera za Nyakanga.

Nyuma yo kurwara kwa Jamie Foxx byateje impungenge mu ntangiriro z’uku kwezi nyuma yo gusubizwa igitaraganya kwa muganga muri Mata.

Iyo filime nshya iteganyijwe kujya ahagaragara tariki 21 Nyakanga 2023.

Mu kiganiro yagiranye na ET Canada, Boyega yagarutse kuri Foxx, aho yagize ati: “Amerewe neza hose.” Ni mugihe yabazagwa niba aheruka kuvuga n’uyu mukinnyi filime.

Johny Boyega yatangaje ko Jamie Foxx akomeje kumererwa neza (NurPhoto via Getty Images)

‘Rero tugiye gutegereza, azongera kwigaragaza igihe abishakiye.’

Ibi kandi byemejwe na mugenzi we Teyonnah Paris usanzwe ari umukinnyi wa filime.

Foxx yagize ikibazo cy’ubuzima ku ya 11 Mata, nk’uko umukobwa we Corinne Foxx yabitangaza abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, kuva icyo gihe abakunzi b’uyu mukinnyi wa filime bahangayikishijwe n’imibereho ye.

Icyo gihe yagize ati: “Ku bw’amahirwe, kubera ibikorwa byihuse no kwitabwaho cyane, yamaze kugera mu nzira yo gukira.’ Twese tuzi ukuntu akundwa kandi twakwishimira isengesho ryawe. Umuryango urasaba ubuzima kwita ku buzima bwe muri iki gihe.”

Eric Marlon Bishop wamamaye nka Jamie Foxx yajyanwe mu bitaro muri Mata ubwo yari mu ifatwa ry’amashusho ya filime Back in Action n’umukinnyi mugenzi we Cameron Diaz muri Atlanta i Georgia.

Jamie Foxx ubuzima bwe bwongeye kugaruka

Uyu mukinnyi yavuriwe mu kigo kizobere ku kwita ku barwayi bafite ibibazo bikomeye i Chicago, amakuru avuga ko ashobora kuba yaritwabweho ku kibazo cy’imitsi yo mu bwonko n’ubwo ubwe ataratangaza icyo yararwaye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago