IMYIDAGADURO

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Jamie Foxx

Umukinnyi wa filime w’umwongereza John Boyega yatangaje ko mugenzi we Jamie Foxx utari worohewe n’ubuzima kuri ubu atangiye kumera neza nyuma yo kwitabwaho uko bikwiriye.

Boyega w’imyaka 31 hamwe na Jamie Foxx w’imyaka 55, ni bamwe mu bakinnyi bazagaraga muri filime nshya ya The Cloned Tyrone iteganyijwe kujya hanze mu mpera za Nyakanga.

Nyuma yo kurwara kwa Jamie Foxx byateje impungenge mu ntangiriro z’uku kwezi nyuma yo gusubizwa igitaraganya kwa muganga muri Mata.

Iyo filime nshya iteganyijwe kujya ahagaragara tariki 21 Nyakanga 2023.

Mu kiganiro yagiranye na ET Canada, Boyega yagarutse kuri Foxx, aho yagize ati: “Amerewe neza hose.” Ni mugihe yabazagwa niba aheruka kuvuga n’uyu mukinnyi filime.

Johny Boyega yatangaje ko Jamie Foxx akomeje kumererwa neza (NurPhoto via Getty Images)

‘Rero tugiye gutegereza, azongera kwigaragaza igihe abishakiye.’

Ibi kandi byemejwe na mugenzi we Teyonnah Paris usanzwe ari umukinnyi wa filime.

Foxx yagize ikibazo cy’ubuzima ku ya 11 Mata, nk’uko umukobwa we Corinne Foxx yabitangaza abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, kuva icyo gihe abakunzi b’uyu mukinnyi wa filime bahangayikishijwe n’imibereho ye.

Icyo gihe yagize ati: “Ku bw’amahirwe, kubera ibikorwa byihuse no kwitabwaho cyane, yamaze kugera mu nzira yo gukira.’ Twese tuzi ukuntu akundwa kandi twakwishimira isengesho ryawe. Umuryango urasaba ubuzima kwita ku buzima bwe muri iki gihe.”

Eric Marlon Bishop wamamaye nka Jamie Foxx yajyanwe mu bitaro muri Mata ubwo yari mu ifatwa ry’amashusho ya filime Back in Action n’umukinnyi mugenzi we Cameron Diaz muri Atlanta i Georgia.

Jamie Foxx ubuzima bwe bwongeye kugaruka

Uyu mukinnyi yavuriwe mu kigo kizobere ku kwita ku barwayi bafite ibibazo bikomeye i Chicago, amakuru avuga ko ashobora kuba yaritwabweho ku kibazo cy’imitsi yo mu bwonko n’ubwo ubwe ataratangaza icyo yararwaye.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago