INKURU ZIDASANZWE

Rwamagana: Uwarugiye kwiba mu ruganda yarashwe ahita apfa

Uyu musore waruri mu kigero cy’imyaka 33 wo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Munyiginya biravugwa ko yarashwe mu ijoro rya cyeye ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Nyakanga 2023 mu Mudugudu wa Ndago mu Kagari ka Cyarukamba mu Murenge wa Munyiginya ahakorera uruganda rwa fers à béton rwa SteelRwa.

Advertisements

Umusore bivugwa ko yaragiye kwiba fers à béton mu ruganda rwa SteelRwa yishwe arashwe nyuma yo kugerageza gutoroka inzego z’umutekano.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyiginya, Mukantambara Brigitte yatangarije Igihe ducyesha iyi nkuru ko ko uyu musore yishwe arashwe nyuma yo kujya kwiba agashaka kurwanya abashinzwe umutekano bacunga uru ruganda.

Ati “Umujura yaje kwiba ari kumwe n’abandi hariya ku ruganda rwa SteelRwa, yinjiramo imbere kugira ngo atangire anajye hanze fers à béton , yari afite umuhoro abaharindira umutekano baje kumubona atangira kubarwanya umwe aramurasa ahita apfa.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko iyo batamurasa ngo yashakaga gutema umwe mu bashinzwe umutekano kuko ngo yari yitwaje umuhoro, bagenzi be bari bazanye kwiba ngo bahise biruka baburirwa irengero.

Gitifu Mukantambara yasabye abaturage kwirinda ubujura avuga ko mu nama bakorana umunsi ku munsi babibibutsa ko bakwiriye kwitwararika bakirinda kujya kwiba ibikoresho by’izi nganda baturanye. Si ubwa mbere kuri uru ruganda harasirwa abajura bagiye kuhiba kuko n’umwaka ushize baharasiye abandi bantu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago