IMYIDAGADURO

Uganda yashyizeho itegeko ryo kujya isoresha imbuga nkoranyambaga

Kuwa kabiri tariki 11 Nyakanga, mu Nteko ishingamategeko yateranye mu gihugu cya Uganda yasabye ko hashyirwaho itegeko rishya ku mbuga nkoranyambaga z’amahanga ungana na 5% y’umusoro zirimo Facebook, Twitter.

Advertisements

Ubu ni uburyo iki gihugu gituriye Uburasirazuba bwa Afurika buvuga ko bukora kugira ngo bugira icyo buzajya bwinjiza mu kuzamura ubukungu bw’igihugu.

Inteko ishinga amategeko ya Uganda yatangaje ku rubuga rwa Twitter ko abadepite mu nteko batoye itegeko rishya ry’imisoro ryiswe “Umusoro ku nyungu (Ivuguruye), ry’umwaka 2023” rikubiyemo umusoro mushya.

Inteko ishinga amategeko yagize ati: “Iri tegeko rishya; kandi rizasoresha abatanga serivisi z’ikoranabuhanga muri Uganda nka Facebook, Twitter, Amazon, Netflix”.

Izindi mbuga zirimo na Google na Uber n’izindi zizajya zisoreshwa.

Iri tegeko rishya ariko ryateje impungege kuri bamwe, aho benshi banenze icyo cyemezo, barimo abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abaharanira uburenganzira, baburiye bavuga ko abagande bashobora kuzisanga nabo ibyo bigo by’imbuga nkoranyambaga bibishyuza mugihe bari basanzwe bazikoreshwa ku buntu.

Impamvu yo gushyiraho uwo musoro uri hejuru ngo ni ukugira ngo bagabanye abakoresha imbuga nkoranyambaga no kwima ijambo n’abatavuga rumwe na guverinoma.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago