IMIDERI

Hamisa Mobetto yagaragaje umusore bari mu rukundo nyuma yo kwibikaha imodoka ya Range Rover

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane 13 Nyakanga, nibwo Hamisa Mobetto yashimangiye ko umukunzi afite umukunzi mushya mu mashusho n’amafoto atandukanye yagiye ashyira hanze yereka abakunzi be.

Advertisements

Umunyamidelikazi Hamisa Mobetto akaba n’umushoramari wakanyujijeho n’umuhanzi Diamond yerekanye umusore bari murukundo, yifashishije imbuga nkoranyambaga zirimo Snapchat.

Ibi abitangaje kandi nyuma y’iminsi micye mu kiganiro kimwe aheruka kugira akavuga ko yizere ko yamaze kubona urukundo rw’ubuzima bwe.

Ati “Bwa mbere nabonye umuntu dushobora kuvuga rumwe kandi ibyo dukora byose biba byoroshye binajyana, biboneye, ndifuza gushyingiranwa na we nkajya mutekera neza.”

Ibi kandi bije bikurikira ukwibikaho impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover Vogue.

Kubasha kugura imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover Vogue ni ikimenyetso cy’ibyo uyu mugore ukiri muto mu myaka amaze kugeraho.

Yatangaje ko atifuzaga ko abantu bamenya ko afite iyi modoka ya miliyoni 100Frw, ariko yibutse ibyuya yabize kugira ngo abashe kuyigura, birangira yiyemeje kubitangaza.

Nyuma yuko benshi babonye iyi foto batangiye kuvuga ko uyu mugore yaba yaravuye ku cyemezo aherutse gutangaza ko yafashe kijyanye no kuba atazongera gukundana hafi, aho yavugaga ko kuri ubu ari kurwana n’urugambo ryo gukora iyo bwabaga ngo yiyubake nyuma yo kugura kugurisha imodoka yahawe na Diamond akigurira indi.

Hamisa Mobetto w’imyaka 28 y’amavuko mu minsi yashize uyu mudamu wanabyaranye umwana n’umuhanzi Diamond Platnumz yagiye avugwa ugushudikana n’umuraperi w’umunyamerika Rick Ross ariko ntibyamaze kabiri.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago