INKURU ZIDASANZWE

Uganda: Habaye impanuka ikomeye yaguyemo abantu 16

Abantu 16 bapfuye kuri iki Cyumweru, tariki16 Nyakanga 2023 ubwo imodoka ebyiri zirimo imwe itwara abagenzi zagonganaga muri Uganda.

Advertisements

Iyi mpanuka yabaye ahagana mu ma saa mbiri n’igice z’umugoroba mu Karere ka Kyenjojo, nko mu bilometero 248 (154 miles) mu burengerazuba bw’umurwa mukuru Kampala.

Igipolisi cya Uganda cyasohoye itangazo rivuga ko abantu 16 bapfiriye mu mu gace ka Nyasheke mu Karere ka Kyenjojo ku muhanda wa Fort Port Hoima.

Umuyobozi w’aka gace ka Nyasheke, Anthony Kalangwa yabwiye itangazamakuru ko iyi mpanuka yaturutse ku modoka yo mu bwoko bwa taxi yavaga mu mujyi wa Fort Portal maze igeze mu ishyamba rya Muzizi muri Nyasheke maze igongana n’ikamyo maze 14 bahita bapfa abandi babiri baza gushiramo umwuka nyuma.

Muri Uganda hakunze kumvikana impfu ziterwa n’impanuka, ziterwa ahanini n’imyitwarire mibi y’abakoresha ibinyabiziga mu mihanda.

Ku wa Kane, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anita Among, yahamagaje inama idasanzwe n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda n’ubuyobozi bw’igihugu bushinzwe imihanda kugira ngo baganire ku buryo bwo kugabanya umubare w’impanuka zo mu muhanda zihitana abantu barenga 10 mu cyumweru. Ibi byaje nyuma y’umucuruzi ukomeye, Apollo Nyegamehe, uwahoze ari umudepite, Charles Angiro Gutmoi n’abandi bantu benshi bapfuye bazize impanuka zo mu muhanda mu cyumweru kimwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago