Uncategorized

Umwihariko wa Album ya mbere ya Bwiza yise ‘My Dream’ yatangiye kugurishwa ku rubuga rwe

Umuhanzikazi Bwiza Emerance kuwa Kabiri tariki 18 Nyakanga, yasogongeje ku banyamakuru zimwe mu ndirimbo zigize Album ye ya mbere yise ‘My Dream’.

Advertisements

Mu cyumba cya Hotel ya Onomo, ahari hateraniye imbaga y’abanyamakuru bakora imyidagaduro babashije kumva zimwe mu ndirimbo zigize Album y’umuhanzikazi Bwiza yatangiye kugurisha abinyujije ku rubuga rwe yise Bwiza.rw.

Uyu ukaba ari umwihariko we avuga ko uretse kuba wanyura kuri urwo rubuga ubasha kumva nibura amasegonda 20 yageneye abakunzi be.

Uyu muzingo we wa mbere yise ‘My Dream’ uriho undirimbo 14 ukaba umara iminota 48, igura ibihumbi icumi by’amafaranga y’u Rwanda (10.000Frw).

Umuhanzikazi Bwiza yashyize hanze Album ye ya mbere yise ‘My Dream’

Uretse kuba wayigura muri ubwo gusa abashinzwe kureberera inyungu uyu muhanzikazi ubarizwa muri Kikac Music, Barimo Bwana Uhujimfura Jean Claude yavuze ko batekereje ku bantu bakwifuza kuba bamutera inkunga mu buryo butandukanye bumva ko bashaka gufasha umuhanzi wabo bakunda bashyiriweho uburyo bitewe n’uko umuntu yumva yifite byose biri kuri urwo rubuga.

Iyi Album ifite umwihariko kandi wo kuba hariho indirimbo Bwiza azaririmba mugihe azaba yakoze ubukwe nk’uko yabitangarije itangazamakuru.

‘My Dream’ ifite umwihariko wundi wo kuba indirimbo zose zarakozwe n’aba producers batandukanye bari mu kiragano gishya, twavugamo, Nizz Beats, Prince Kizz, Tell Them, Santana, Loda na HashTag n’abandi.

Bwiza yavuze ko yishimiye kuba yasohoye ‘Album’ yifuzaga kuva kera yatangira umuziki, ni mugihe kurundi ruhande Jean Claude nawe avuga ko nabo bifuzaga ko bamukorera ‘Album’ kuko bituma aba umuhanzi munini mu gisate cy’umuhanzi nyawe.

Bwiza avuga ko yishimiye gukabya inzozi zo gushyira ‘Album’ hanze

Iyi Album igizwe n’indirimbo 14 yagizwemo uruhare rwa 50% n’umuhanzi Niyo Bosco ibintu umuhanzikazi Bwiza amushimira cyane.

Ni Album kandi iriho abahanzi barimo nka Chriss Eazy, Juno Kizigenza, Niyo Bosco, Double Jay w’i Burundi na Ray Signature & Allan Toniks bakomoka mu gihugu cya Uganda.

BYINSHI MU BURYO BW’AMASHUSHO:

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago