UBUZIMA

Abana bari munsi y’imyaka 7 batangiye gukingirwa indwara y’imbasa

Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Nyakanga 2023, mu gihugu hose hatangiye igikorwa cyo gukingira indwara abana bari munsi y’imyaka 7 y’imbasa.

Advertisements

Inzego z’ubuzima mu duce dutandukanye zatangiye gukingira gutanga urukingo rw’imbasa abana bato.

Igikorwa cyo gukingira indwara y’imbasa abana bakivuka n’abandi bari munsi y’’imyaka 7, ku rwego rw’igihugu cyatangiriye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, gitangijwe n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubuzima RBC Rwanda Prof. Claude Mambo Muvunyi warikumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yatangije igikorwa cyo gukingira indwara y’imbasa ku rwego rw’Igihugu

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zirasaba abaturage begereye ibihugu byagaragayemo indwara y’imbasa, kurushaho kwitwararika ku isuku kuko ari ho iyi ndwara yandurira.

Imbasa ni indwara yari imaze imyaka 30 itakigaragara mu Rwanda kuko umwana wa nyuma yagaragayeho yabonetse mu 1993 mu cyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu.

Indwara y’imbasa yandurira mu bijyanye n’isuku, mu nzira icamo ibiribwa cyangwa urwungano ngogozi.

Imbasa ni indwara yibasira ingingo z’umubiri w’umuntu nk’amaguru n’amaboko, ariko ikanangiza imyakura ku buryo yateza ibibazo by’ubuhumekero byaviramo urupfu ku uyirwaye.

Urukingo rwatangiye gutangwa hirya no hino mu gihugu ni urw’ibitonyanga 2, rukazatangwa mu byiciro bibiri cyangwa doze ebyiri.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubuzima RBC Rwanda Prof. Claude Mambo Muvunyi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago