Ikipe y’Ingabo y’Igihugu APR Fc yemeje ko yasinyishije umukinnyi ukomoka muri Sudan Sharaf Eldin Shaiboub Ali Abdelrahman wigeze kubengukwa na Kiyovu Sports ariko ntiyayikinira.
Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati abaye umukinnyi wa 7 umaze gusinyira APR Fc yifuza kuzaserukira mu mikino mpuzamahanga yo ku mugabane wa Afurika umwaka utaha 2024.
Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe ya APR Fc batangaje ko Sharaf Eldin Shaiboub Ali Abdelrahman yemeye gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri yo kuzakinira iy’ikipe y’ingabo.
Iyi kipe izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League yahinduye umugambi yarimaranye imyaka myinshi yo kudakinisha abakinnyi ba banyamahanga, kuri ubu ikaba yaramaze guhindura umuvuno, aho ivuga ko igihe kigeze ngo iy’ikipe itware ibikombe bishoboka ariko biri ku rwego mpuzamahanga.
Sharaf Eldin Shaiboub Ali Abdelrahman w’imyaka 29 y’amavuko akaba akinira n’ikipe y’Igihugu ya Sudan yanyuze mu makipe menshi arimo nka Simba Sc (Tanzania), CS Constantine (Algeria), AS Soliman (Tunisia), Kiyovu Sports na Al-Talaba Sc yo muri Iraq yabarizwamo.
Mu mwaka ushize uyu mukinnyi wari wabengutswe n’ikipe ya Kiyovu Sports igatangaza ko yari yamusinyishije ntiyaje gukomezanya n’ikipe yari yatangaje ko yamaze kwegukana igikomerezwa kuko uwo mukinnyi yaje kwemeza ko babonye ko ikipe ishobora kuba itazabona amafaranga ibahemba nk’uko yari yabyizejwe ahitamo kujya kwishakira indi kipe mu gihugu cya Iraq.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…