Umusirikare wapfuye, wari ufite uruhushya ruzwi nk’ikibari, akomoka mu Mudugudu wa Bulomi, ahitwa Kameruka mu Karere ka Budaka.
Polisi ya Uganda mu Karere ka Budaka irimo gukora iperereza nyuma y’urupfu rw’umusirikare wa UPDF bivugwa ko yiciwe mu kabari atewe icyuma.
Umuvugizi wa Polisi muri Bukedi y’Amajyaruguru, SP Immaculate Alaso Emily, avuga ko ku itariki ya 18 Nyakanga 2023, ku isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba, Private Martin Mbayo w’imyaka 23, ubarizwa muri Batayo ya 1, muri Division ya 1 iri muri Operation Shujaa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yagiye mu kabari k’uwitwa Robert Tabiruka mu Gasantere k’ubucuruzi ka Nabugalo, aho ngo yatonganiye na nyiri akabari.
Yagize ati “Iperereza ryacu rivuga ko ahagana saa kumi n’imwe, uwitwa Martin Mbayo (wapfuye), n’inshuti ye, yamenyekanye gusa nka Nolya, bagiye kunywa mu kabari k’uwitwa Robert Tabiruka. Aho bari bari kunywera, baranyweye kugeza saa yine z’ijoro, ari nabwo imirwano hagati y’uwapfuye na nyiri akabari yatangiye. Nyakwigendera yagize ibikomere bikomeye mu mutwe,”
Kuwa 19 Nyakanga, nka saa cyenda na 45 z’urukerera, ikirego cyo gukubita no gukomeretsa cyatanzwe kuri polisi na se wa nyakwigendera.
Ni mu gihe uyu we yihutanwe ku Bitaro by’icyitegererezo bya Mbale ngo yitabweho mbere yo koherezwa na none mu bitaro by’Icyitegererezo by’Igihugu bya Mulago.
Kubw’ibyago ariko, kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 22 Nyakanga 2023 saa mbiri z’ijoro ni bwo hatangajwe ko uyu musirikare yashizemo umwuka.
SP Alaso yavuze ko ku bitaro bya Mbale yakomeje kuremba biba ngombwa ko yoherezwa ku Bitaro bya Mulago, ariko bari mu nzira bageze mu Mujyi wa Iganga arapfa.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…