AMATEKA

Kevin Hart yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali arikumwe na Ivan Kagame-AMAFOTO

Umukinnyi wa filime akaba n’umunyarwenya ukomoka muri Leta zunze ubumwe za Amerika Kevin Hart yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi.

Kevin Hart umaze iminsi ku butaka bw’u Rwanda yasuye urwibutso rwa Jenoside ruri ku Gisozi yunamira inzirakarengane zihashyinguye zisaga ibihumbi 250.

Kevin Darnell Hart wamamaye nka Kevin Hart w’imyaka 44 y’amavuko yabashije kugera ku rwibutso aho yarikumwe n’abagize umuryango we bazanye mu Rwanda babasha gusobanurirwa amateka mabi yaganishije ku gucura umugambi mubisha wabaye intandaro ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu bandi bagaragaye baherekeje iki cyamamare muri sinema ya Hollywood harimo imfura y’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Ivan Cyomoro Kagame.

Kevin Hart yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’umuryango we barikumwe na Ivan Kagame

Nk’uko byatangajwe ku mbuga nkoranyambaga z’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bavuze ko bishimiye kwakira uyu munyarwenya, aho babashije gusobanurira (Kevin Hart n’umuryango we) ingaruka, ukuri n’ingaruka byaganishije ku mateka mabi yabaye intandaro yo kubaho kwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, aha kandi bakomeje bavuga ko babashije no kumwereka aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.

Kevin Hart yasobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Uyu munyarwenya uri mu bakomeye ku Isi amaze hafi icyumweru abarizwa mu Rwanda aho yaje n’umuryango we ugizwe n’umugore we Eniko Hart n’abana babiri babyaranye harimo umwana w’umuhungu w’imyaka 5 witwa Kenzo n’umukobwa w’imyaka 2 witwa Kaori.

Mu byukuri nta makuru aramenyeka ku rugendo rw’uyu munyarwenya mu Rwanda uretse kuba gusa bwa mbere agaragara yari yagiye mu iduka guhaha imyenda ya Made in Rwanda rikora ibijyanye n’imideli Haute Baso.

Nawe ubwe ntakintu aratangaza ku mbuga nkoranyambaga ze kijyanye n’urugendo akomeje kugirira mu Rwanda.

Eniko Hart umugore wa Kevin Hart barikumwe mu Rwanda
Umunyarwenya Kevin Hart amaze iminsi mu Rwanda
Kevin Hart yunamiye inzirakarengane zishyinguye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago