IMIKINO

Bizimana Djihad yakiriwe mu ikipe nshya yo muri Ukraine

Umukinnyi w’Umunyarwanda Bizimana Djihad yamaze gusinyira ikipe ya FC Kryvbas Kryvyi Rih yo mu cyiciro cya mbere muri Ukraine, nyuma y’amakuru yavugwaga ko agiye kwerecyeza muri muri muri Israel.

Ibi byari byaturutse ku makuru yari yatanzwe na Ambasaderi Ron Adam wari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda ntangiriro z’uku kwezi akaba yari yatangaje ko Djihadi yerekeje muri Israel.

Aho yari yagize ati “nakiriye kapiteni w’Amavubi, Bizimana Djihad uzerekeza muri Israel mu ikipe ya Hapoel Ramat Gan Givatayim FC, ndakwifuriza amahirwe masa.”

Gusa bitunguranye ikipe ya FC Kryvbas Kryvyi Rih ikina mu cyiciro cya mbere muri Ukraine yatangaje ko yamaze gusinyisha uyu munyarwanda ukina mu kibuga hagati.

Bizimana Djihad akaba yasinyiye iyi kipe yasoje ku mwanya wa 7 muri shampiyona ya 2022-23, amasezerano y’imyaka 2 azageza 2025.

Djihad yerekeje muri shampiyona yo muri Ukraine

Muri Gicurasi 2023 nibwo ikipe ya KMSK Deinze mu Bubiligi yatangaje ko atazakomezanya na Bizimana Djihad wari ugeze ku mpera z’amasezerano ye ariko kubera ibibazo yagiranye n’ubuyobozi akaba atarakinnye umwaka wa nyuma w’amasezerano ye, yawumaze yitoreza mu bato.

Bizimana Djihad yavuye mu Rwanda muri 2018 yerekeje mu Bubiligi mu ikipe ya Waasland Beveren nyuma y’imyaka 3 baje gutandukana yerekeza muri KMSK Deinze ari nayo baheruka gutandukana.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

16 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago