Perezida wa Kenya William Ruto yavuze ko yiteguye guhura n’utavuga rumwe n’ubutegetsi ayoboye Raila Odinga ukomeje gutuma yaba imyigaragambyo yamagana ibiciro bihanitse muri icyo gihugu.
Odinga amaze igihe ayobora iyo myigaragambyo yo guhatira leta kugabanya imisoro no kudohora ku bindi biciro biri hejuru.
Ni imyigaragambyo imaze kugwamo abantu benshi n’abandi bakaba barakomeretse bikomeye.
Ku wa kabiri, Perezida Ruto yatangaje kuri Twitter ati: “Nshuti yanjye Raila Odinga, ndi mu nama muri Tanzania ku iterambere ry’abakozi igamije guhuriza hamwe kwagura amahirwe y’akazi ku mugabane wacu. Nzagaruka [ku wa gatatu] nimugoroba, kandi nkuko usanzwe ubizi, mfite umwanya wo guhura nawe imbona nkubone igihe icyo ari cyo cyose kikubereye”.
Ibi kandi abitangaje nyuma yuko Odinga agiranye ikiganiro n’abanyamakuru akavuga ko Ruto yanze ubusabe bwa Perezida wa Tanzania bwo guhuza leta n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Odinga yamaganye polisi ku bikorwa by’ubugome byayo ku bigaragambya, ndetse yasabye ko kuri uyu wa gatatu habaho ikiriyo cyo guha icyubahiro abantu biciwe mu myigaragambyo.
Odinga kandi kuri uyu wa gatatu yagiye gusura mu bitaro benshi mu bakomerekeye muri iyo myigaragambyo.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…