Jean Luc Karamuka wamenyekanye nka Producer Junior Multisystem mu muziki w’u Rwanda yitabye Imana.
Uyu mugabo wakoze indirimbo zanyuze benshi mu matwi yabo yapfuye azize uburwayi bwaturutse ku mpanuka yakoze ikamuca n’akaboko.
Producer Junior Multisystem kuva yacibwa akaboko biturutse ku mpanuka yakoze imodoka ikamugonga agacibwa akaboko mu mwaka 2019 yakomeje kugira ububabare bwaturutse kuri iyo mpanuka.
Amakuru avuga ko Junior Multisystem yitabye Imana aguye mu bitaro bya Nyarugenge ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga, 2023.
Junior Multisystem wapfuye yavukiye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kacyiru akaba umwe mu batanze umusanzu ukomeye mu gisate cy’imyidagaduro by’umwihariko mu buhanzi bucura injyana (Producer).
Junior Multisystem yitabye Imana yarakoreye bamwe mu bahanzi indirimbo zakunzwe bikomeye, abahanzi nka King James, Urban boys, Dream Boyz, Knowless, Bruce Melodie, The Ben, Uncle Austin n’abandi benshi.
Pascal Habababyeyi wari umunyamakuru wakoreraga Radio/Tv10, yitabye Imana. Yari umwe mu bakoraga muri weekend nk’umwe…
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, utajya wiburira yatangaje imbere y'imbaga ko Banki Nkuru y’igihugu cyabo…
DJ Dizzo wari umaze igihe ahanganye n’uburwayi bwa kanseri, yitabye Imana, nyuma y’imyaka igera kuri…
Umugore w'umuraperi w'Umunyamerika Chance The Rapper, Kirsten Corley, yasabye gatanya n'uyu muraperi nyuma y'imyaka itanu…
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu REG, iratangaza ko muri gahunda ya ‘’Tekera Heza’’ no gushyiraho…
Umuhanzi Bruce Melodie yageze i Kampala mu ijoro ryakeye, n'itsinda rigari ryamuherekeje ririmo Coach Gael…