Jean Luc Karamuka wamenyekanye nka Producer Junior Multisystem mu muziki w’u Rwanda yitabye Imana.
Uyu mugabo wakoze indirimbo zanyuze benshi mu matwi yabo yapfuye azize uburwayi bwaturutse ku mpanuka yakoze ikamuca n’akaboko.
Producer Junior Multisystem kuva yacibwa akaboko biturutse ku mpanuka yakoze imodoka ikamugonga agacibwa akaboko mu mwaka 2019 yakomeje kugira ububabare bwaturutse kuri iyo mpanuka.
Amakuru avuga ko Junior Multisystem yitabye Imana aguye mu bitaro bya Nyarugenge ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga, 2023.
Junior Multisystem wapfuye yavukiye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kacyiru akaba umwe mu batanze umusanzu ukomeye mu gisate cy’imyidagaduro by’umwihariko mu buhanzi bucura injyana (Producer).
Junior Multisystem yitabye Imana yarakoreye bamwe mu bahanzi indirimbo zakunzwe bikomeye, abahanzi nka King James, Urban boys, Dream Boyz, Knowless, Bruce Melodie, The Ben, Uncle Austin n’abandi benshi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…