Perezida w’ikipe ya Rayon Sports Uwayezu Jean Fidèle yatangaje ko muri Manda itaha atazongera kwiyamamaza ku buyobozi bw’ikipe.
Uwayezu Jean Fidèle yabitangaje mu kiganiro cya KickOff gisanzwe gitambuka kuri television y’Igihugu y’u Rwanda.
Aha yarabajiwe nimba azakomeza mu gihe Manda ye izaba irangiye muri iy’ikipe, Jean Fidèle yatangaje ko yiteguye kureka ubuyobozi abandi bakayobora.
Umunyamakuru Rigoga Ruth barikumwe mu kiganiro yahise amubaza mu gihe yumva yaretse inshingano zo kuyobora iy’ikipe nyamara yamaze kugera kure yaba mu mikino isanzwe n’imikino Nyafurika, abakunzi b’iyi kipe bakajya ku biro bye bakamusaba ko yakongera kubayobora nimba azabangira.
Perezida Jean Fidèle yavuze ko atariwe kamara mu ikipe akwiriye kureka n’abandi bakayobora.
Ibi abivuze mugihe kandi ikipe ya Rayon Sports yasonewe muyandi makipe atazakina imikino y’amajonjora mu mikino ya CAF Confederation Cup.
Mu mwaka 2020 nibwo Uwayezu Jean Fidèle yatorewe kuyobora ikipe ya Rayon Sports muri Manda y’imyaka ine igomba kurangira n’umwaka utaha.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…