Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis yasabye Uburayi gushaka inzira y’amahoro kugira ngo intambara yo muri Ukraine irangire.
Papa Francis w’imyaka 86 yabivugiye mu rugendo yagiriye mu gihugu cya Portugal ahari hizirijwe umunsi mukuru w’urubyiruko mu idini rya Kiliziya Gatolika.
Mu ijambo rye yavugiye mu kigo ndangamuco cya Belem i Lisbonne, ubwo yari yicaye mu kagare k’abamugaye nyuma yo kubagwa muri Kamena, yagize ati: “Turi mu bwato bwugarijwe n’umuhengeri ku nyanja y’amateka, kandi twumva ko hakenewe inzira z’amahoro z’ubutwari.”
Ati “Hamwe n’urukundo rwinshi dukunda Uburayi, kandi mu mwuka w’ibiganiro utandukanya uyu mugabane, dushobora kwibaza tuti: “Turi kugana he?, niba tutanganye inzira z’amahoro, inzira zo guhanga intambara kugira ngo intambara irangire? Ukraine?”.
Papa yageze i Lisbonne aho yitabire umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko, umaze icyumweru wizihiza mu idini rya Gatolika, bigendanye n’umuco wayo, n’ibirori bikorwa buri myaka itatu mu mijyi itandukanye.
Francis yavuze ko yizeye ko ibirori by’uyu mwaka bizabera mu bihugu byose by’Uburayi.
Yavuze ati: “Kubera ko Isi ikeneye Uburayi, Uburayi nyabwo. dukeneye uruhare rw’Uburayi nk’ikiraro n’amahoro mu gice cy’iburasirazuba, mu nyanja ya Mediterane, muri Afurika no mu burasirazuba bwo hagati”.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…