IMIKINO

Costa Rica: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yariwe n’ingona arapfa

Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Costa Rica yishwe ubwo yamanukiraga mu ruzi rwari rurimo ingona ziramurya kugeza apfuye, benshi bari baraho bashyira ubwoba kubera ibyo bari bamaze kubona.

Advertisements

Amashusho ateye ubwoba yerekana uyu mukinnyi wanyuze mu ikipe ya Deportivo Rio Cañas arwana n’ubuzima mu ruzi mu cyumweru gishize aho uwaruzwi ku kazina ka ‘Chucho’ ubusanzwe akaba yitwaga Jesus Lopez Ortiz yaguye yishwe n’ingona.

Chucho yaguye mu gace kitwa Santa Cruz mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’igihugu cya Costa Rica.

Nk’uko ikinyamakuru The Tico Times gikorera muri Costa Rica kibitangaza ngo Ortiz w’imyaka 29 y’amavuko ngo ibyo byabaye ubwo yari ku kiraro cy’uruzi aho yarimo agaburira ingona amafi birangira aguyemo.

Umuvugizi wa Croix-Rouge ya Costa Rica yavuze ko nyuma abayobozi b’inzego z’ibanze bahise bahagera barasa iyo ingona kugeza ipfuye kugira ngo bagaruze ibice by’umubiri bya nyakwigendera Ortiz.

Ortiz asize abana babiri, umukuru akaba afite imyaka 8 n’undi w’imyaka 3, azahora yibukwaga nk’umugabo wakundaga umuryango we, umutoza n’umukinnyi w’umupira w’amaguru.

Nyuma y’ibyago nyakwigendera yahise ashyingurwa nk’uko byatangajwe n’abagize umuryango we ndetse ngo imbaga y’abantu yari yateraniye mu gusezeraho bwa nyuma uyu mugabo wapfuye urupfu rutunguranye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago