Mu gihe kuri uyu munsi mu Rwanda bizihije umunsi w’Umuganura, Akagari ka Rwampara ko mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Kigarama bawizihije bishimira ibyo bamaze kugeraho.
Mu birori byabereye muri Sale y’Akagari, ahari hateraniye imbaga y’abaturage baje gusangira ibyo bagezeho.
Ni ibirori byabanjirijwe n’umukino w’umupira w’amaguru wahuje ikipe y’Abashinzwe umutekano mu kagari ka Rwampara n’iya abagize Komite y’imidugudu yose ari nabo begukanye intsinzi ku bitego 2 ku 0, mu mukino wabereye ku kibuga cya Mburabuturo muri aka kagari.
Ku rwego rw’Igihugu umuhango w’Umuganura wabereye mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba.
Uyu muhango usanzwe uba buri mwaka wari witabiriwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Akagari ka Rwampara Jean Aime Desire Izabayo n’Umuyobozi wInama Njyanama wako Kagari Ngendakuriyo Emmanuel.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uwo muhango Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Akagari ka Rwampara Jean Aime Desire yashimiye abitabiriye abibutsa ko umunsi w’Umuganura wizihizwa kuri uyu munsi ari ikimenyetso cy’umuco Nyarwanda wahozeho na mbere y’umwaduko w’ubukoroni, aho buri mwaka abantu bahura bagasangira ibyo bejeje.
Ati “Ndabashimiye ko mwitabiriye ku bwinshi, ni ikimenyetso cy’ubumwe bw’abanyarwanda, uyu munsi abari uwo gusangira ibyo twabashije kugera nk’akagari kacu ni ibyo kwishimira.”
Yakomeje abwira abaturage ko gusa n’ubwo bishimira ibyo bagezeho hakiri umukoro wo gukomeza kubaka ibitaragweraho ari nako bita cyane ku isuku mu Kagari abereye Umuyobozi.
Umuyobozi w’Inama Njyanama w’Akagari ka Rwampara Ngendakuriyo Emmanuel we yatangiye yibutsa abaturage uwo munsi wari wabateranyirije aho, ndetse n’uburyo umunsi washizweho, aho amateka yerekana ko ubusanzwe ari umuhango wahoze mu nzira z’ubwiru wubahwaga kandi ugahabwa agaciro i Bwami no mu muryango nyarwanda wose.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…