IMIKINO

Rayon Sports yazanye rutahizamu w’Umurundi bivugwa ko ashaje-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon sports isanzwe ihirwa n’abakinnyi bakomoka mu Burundi yazanye rutahizamu witwa Emmanuel Mvuyekure benshi bashidikanyaho ku myaka ye.

Uyu mukinnyi wageze mu Rwanda kuwa 4 Kanama 2023, asanzwe akina mu kibuga hagati asatira izamu Rayon sports ikavuga imuzanye mu rwego rwo gukomeza kwiyubaka mu busatirizi.

Emmanuel Mvuyekure uje gukinira Rayon sports yahoze ari Kapiteni wa KMC FC.

Nyuma yo kubura Bigirimana Abedi, Rayon Sports ngo yashatse undi murundi w’umuhanga ibona uyu ubusanzwe ngo akundwa n’umutoza Etienne Ndayiragije.

Emmanuel benshi bamuzi i Burundi bemeza ko ashaje

Bamwe mu barundi bazi uyu mukinnyi Mvuyekure babwiye Fine FM ko uyu mukinnyi akuze ndetse atari ku rwego benshi bakeka ko ariho nubwo ahamagarwa mu ikipe y’igihugu.

Umwe mu bakurikirana imikino mu Burundi yavuze ko uretse kuba uyu mukinnyi atari ku rwego nk’urwa Abedi ngo n’abakinnyi baguzwe na Kiyovu na Bugesera bamurusha.

Uyu mugabo arerekanwa kuri uyu wa Gatandatu, ku Munsi w’Igikundiro.

Emmanuel ‘Manou’ yageze mu ikipe ya Rayon Sports

Icyakora uyu murundi wakiniye KMC, Azam FC, Mbao FC zo muri Tanzania; LLB y’i Burundi na Extension Gunners FC yo muri Botswana yageze i Kigali aho aje gukinira Rayon Sports ku masezerano y’umwaka umwe.

Emmanuel witiriwe akazina ka ‘Manou’ yabanje mu kibuga ubwo Burundi bwatsindaga Namibia 3-2 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizaba mu mwaka utaha.

Emmanuel ukomoka i Burundi yakirwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe n’ubuyobozi bwa Rayon Sports
Mvuyekure Emmanuel umukinnyi mushya w’ikipe ya Rayon sports

Christian

Recent Posts

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

18 mins ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

27 mins ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

21 hours ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

23 hours ago

RIB yemeje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cya Miss Muyango

Nyuma y’uko hakwirakwijwe amashusho y’abakobwa babiri bari gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore utaramenyekanye, benshi mu bakoresha…

1 day ago

Perezida Neva yakomoje ku biciro bikomeje gutumbagira mu gihugu cye

Mu gihugu cy'u Burundi hakomeje kuvugwa itumbagira rikabije ry'ibiciro bimwe na bimwe by'umwihariko ku isukari,…

1 day ago