IMIKINO

Rayon Sports yazanye rutahizamu w’Umurundi bivugwa ko ashaje-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon sports isanzwe ihirwa n’abakinnyi bakomoka mu Burundi yazanye rutahizamu witwa Emmanuel Mvuyekure benshi bashidikanyaho ku myaka ye.

Advertisements

Uyu mukinnyi wageze mu Rwanda kuwa 4 Kanama 2023, asanzwe akina mu kibuga hagati asatira izamu Rayon sports ikavuga imuzanye mu rwego rwo gukomeza kwiyubaka mu busatirizi.

Emmanuel Mvuyekure uje gukinira Rayon sports yahoze ari Kapiteni wa KMC FC.

Nyuma yo kubura Bigirimana Abedi, Rayon Sports ngo yashatse undi murundi w’umuhanga ibona uyu ubusanzwe ngo akundwa n’umutoza Etienne Ndayiragije.

Emmanuel benshi bamuzi i Burundi bemeza ko ashaje

Bamwe mu barundi bazi uyu mukinnyi Mvuyekure babwiye Fine FM ko uyu mukinnyi akuze ndetse atari ku rwego benshi bakeka ko ariho nubwo ahamagarwa mu ikipe y’igihugu.

Umwe mu bakurikirana imikino mu Burundi yavuze ko uretse kuba uyu mukinnyi atari ku rwego nk’urwa Abedi ngo n’abakinnyi baguzwe na Kiyovu na Bugesera bamurusha.

Uyu mugabo arerekanwa kuri uyu wa Gatandatu, ku Munsi w’Igikundiro.

Emmanuel ‘Manou’ yageze mu ikipe ya Rayon Sports

Icyakora uyu murundi wakiniye KMC, Azam FC, Mbao FC zo muri Tanzania; LLB y’i Burundi na Extension Gunners FC yo muri Botswana yageze i Kigali aho aje gukinira Rayon Sports ku masezerano y’umwaka umwe.

Emmanuel witiriwe akazina ka ‘Manou’ yabanje mu kibuga ubwo Burundi bwatsindaga Namibia 3-2 mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizaba mu mwaka utaha.

Emmanuel ukomoka i Burundi yakirwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe n’ubuyobozi bwa Rayon Sports
Mvuyekure Emmanuel umukinnyi mushya w’ikipe ya Rayon sports

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago