RWANDA

Diamond Platnumz yageze i Kigali nyuma y’imyaka myinshi yifuza gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi umaze kubaka izina mu Karere no muri Afurika Diamond Platnumz yageze i Kigali arikumwe n’itsinda rye rigari aho ategerejwe mu gitaramo cy’iserukiramuco rya Giants Of Africa.

Ni igitaramo giteganyijwe kuri iki cyumweru tariki 13 Kanama 2023 muri Bk Arena.

Uyu muhanzi Naseeb Abdul Juma Issack wamamaye nka Diamond Platnumz akigera ku kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe yasangije abamukurikira amashusho kuri story ye ya Instagram ko yishimiye kongera kugera mu Rwanda.

Diamond Platnumz agiye gutaramira abakunzi be mu gitaramo cyo gutangiza ibikorwa by’iserukiramuco rya Giants Of Africa biteganyijwe kuba icyumweru cyose, ibikorwa bizasozwa tariki 19 Kanama 2023, n’igitaramo cy’ibyamamare birimo nka abanya-Nigeria Davido na Tiwa Savage, umuhanzi Nyarwanda Bruce Melodie na Tyla.

N’iserukiramuco rizahuriramo urubyiruko ruzaba rwaturutse mu bihugu 16 bitandukanye.

Diamond Platnumz azahurira ku rubyiniro n’abahanzi barimo Masamba Intore, Carol Tshabalala n’umubyinnyi wabigize umwuga Cherrie Silver.

Uyu muhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania agiye gutaramira Abanyarwanda mugihe yaherukaga mu gitaramo yari yatumiwemo cyo gusoza umwaka 2019, nyuma yaho Diamond Platnumz yakomeje kugaragaza inyota yo kongera gutaramira abakunzi be b’i Kigali by’umwihariko mu nyubako y’imyidagaduro ya Bk Arena.

Christian

Recent Posts

Ubutegetsi bwa Congo bukomeje kwinangira ibiganiro n’umutwe wa M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…

1 hour ago

U Burusiya bwasabwe guhagarika intambara na Ukraine

Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…

2 hours ago

Perezida Kagame yahishuye uko umukoresha wa Tshisekedi yatunguwe no kumubona ayobora igihugu

Mu kiganiro n’umunyamakuru Mario Nawfal, Perezida Kagame yavuze ko mbere y’uko Tshisekedi ayobora RDC, yamaze…

23 hours ago

UEFA Champions League: PSG yasezereye Liverpool, Bayern Munich, Barcelona na Inter Milan zigera muri ¼

Amakipe arimo FC Barcelona, Bayern Munich, Inter Milan na Paris Saint-Germain yigaranzuye Liverpool mu mukino…

1 day ago

M23 yakubise inshuro ingabo z’u Burundi ifata agace bari barakabye

Mu mirwano yabaye ku munsi wo kuwa mbere M23 yafashe agace ka Kaziba muri operation…

2 days ago

Manchester United igiye kubaka Stade izaba ari ya mbere mu Bwongereza yakira abantu benshi

Ubuyobozi bwa Manchester United bwatangaje ko bugiye kuvugurura Stade ya Old Trafford ikazajya yakira abantu…

2 days ago