RWANDA

Diamond Platnumz yageze i Kigali nyuma y’imyaka myinshi yifuza gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi umaze kubaka izina mu Karere no muri Afurika Diamond Platnumz yageze i Kigali arikumwe n’itsinda rye rigari aho ategerejwe mu gitaramo cy’iserukiramuco rya Giants Of Africa.

Advertisements

Ni igitaramo giteganyijwe kuri iki cyumweru tariki 13 Kanama 2023 muri Bk Arena.

Uyu muhanzi Naseeb Abdul Juma Issack wamamaye nka Diamond Platnumz akigera ku kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe yasangije abamukurikira amashusho kuri story ye ya Instagram ko yishimiye kongera kugera mu Rwanda.

Diamond Platnumz agiye gutaramira abakunzi be mu gitaramo cyo gutangiza ibikorwa by’iserukiramuco rya Giants Of Africa biteganyijwe kuba icyumweru cyose, ibikorwa bizasozwa tariki 19 Kanama 2023, n’igitaramo cy’ibyamamare birimo nka abanya-Nigeria Davido na Tiwa Savage, umuhanzi Nyarwanda Bruce Melodie na Tyla.

N’iserukiramuco rizahuriramo urubyiruko ruzaba rwaturutse mu bihugu 16 bitandukanye.

Diamond Platnumz azahurira ku rubyiniro n’abahanzi barimo Masamba Intore, Carol Tshabalala n’umubyinnyi wabigize umwuga Cherrie Silver.

Uyu muhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania agiye gutaramira Abanyarwanda mugihe yaherukaga mu gitaramo yari yatumiwemo cyo gusoza umwaka 2019, nyuma yaho Diamond Platnumz yakomeje kugaragaza inyota yo kongera gutaramira abakunzi be b’i Kigali by’umwihariko mu nyubako y’imyidagaduro ya Bk Arena.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

7 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago