INKURU ZIDASANZWE

Kigali: Abaturiye mu manegeka baburiwe kuhava vuba kubera ibihe by’imvura igiye kuza

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwatangiye kuburira abaturage batuye mu bice by’amanegeka ubasaba gutangira kwimuka kubera ko igihe cy’imvura cyegereje mu rwego rwo kwirinda kugirwaho ingaruka n’ibiza.

Advertisements

Ni ubutumwa bwatanzwe binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’Umujyi wa Kigali zitandukanye zirimo na Twitter aho bugaragaza ko igihe cy’impeshyi kiri kugana ku musozo abantu bagituye mu manegeka bakaba bakwiye kwimuka hirindwa ko Ibiza bimeze nk’ibyo u Rwanda rwagize mu bihe bishize byasubira.

Bukomeza bugira buti “Baturage b’Umujyi wa Kigali, impeshyi irimo kugana ku musozo, igihe cy’imvura kiregereje, ntidukwiye gutungurwa n’ibiza nk’ibyo twagize mu bihe bishize. Dukoreshe neza iminsi isigaye y’impeshyi twimuka ahashobora gushyira ubuzima mu kaga, tuzirika ibisenge, dufata n’izindi ngamba.”

Abasabwa kwimuka ni abatuye ahantu hagaragajwe ko hateje ibibazo n’ahandi hose harangwa no kuba hafite ubuhaname bukabije (buri hejuru ya 50%, mu mbago z’igishanga muri metero 20 no kuri metero eshanu uvuye kuri za ruhurura zimeze nabi.

Hari kandi ahantu hafite ubuhaname buri hagati ya 30% na 50% hubatswe bidakurikije amabwiriza ajyanye n’imiterere yaho.

Umujyi wa Kigali wakoze isesengura ryagaragaje ko ibibanza 24. 404 birimo inzu 27000 bibarizwa mu manegeka. Muri Gicurasi 2023 nibwo Ubuyobozi bw’Umujyi bwatangaje ko abantu 5812 bagomba kwimuka kubera ko bari mu manegeka.

Ni ibyari byagaragajwe n’isesengura ryakozwe nyuma y’uko u Rwanda ruhuye n’ibiza birimo imyuzure n’inkangu yibasiye ibice by’Intara y’Uburengerazuba, Amajyepfo n’Amajyaruguru byanahitanye ubuzima bw’abagera ku 139.

Imibare itangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’amazi nk’umutungo kamere igaragaza ko gufata amazi y’imvura mu gihugu hose biri ku kigero cya 17%.

Bigaragazwa ko nibura kugira ngo inyubako za Leta zose zishyireho uburyo buhamye bwo gufata amazi y’imvura hakenewe ishoramari rya miliyari 40 Frw.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago