Umuhanzi Diamond Platnumz wasusurukije abakunzi be muri Bk Arena, yakeje u Rwanda na Perezida w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame.
Uyu muhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania yashimiye u Rwanda uburyo ari igihugu kigendwa, gitekanye kandi kikaba gisukuye byose bikaba bikeshwa Perezida Kagame.
Yagize ati “Iyo uje mu Rwanda uhita uhakunda, kubera amahoro, isuku ndetse ibintu byose biri ku murongo. Nyakubahwa Perezida nterwa ishema nawe, nyizera turagukunda, turagukunda kandi cyane.”
Ni mu gitaramo cyitabiriwe n’ibihumbi by’abafana gitangiza Iserukiramuco rya Giants Of Africa cyabereye muri Bk Arena kuri iki cyumweru.
Uyu muhanzi kandi yishimiye bikomeye gukorera amateka agataramira ibihumbi by’abafana be bari bateraniye mu nyubako y’imyidagaduro ya Bk Arena nyuma y’igihe kirere abyifuza.
Nyuma y’igitaramo Diamond Platnumz yahise yifuza kujya no gusanganira Perezida Kagame nawe wari witabiriye icyo gitaramo banagirana ibiganiro byaje kurangira banafashe ifoto y’urwibutso.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…