INKURU ZIDASANZWE

Ngoma: Yishe urw’agashinyaguro umugore we, igice cy’umubiri agita mu mugezi

Umugabo wo mu Karere ka Ngoma yatawe muri yombi akekwaho kwica urw’agashinyaguro umugore we witwa Icyitegetse Angelique, umurambo we awucamo ibice, kimwe akijugunya mu Kiyaga cya Mugesera.

Abaturage bo mu Murenge wa Mugesera mu Kagari ka Nyamugari batangaje ko uyu mubyeyi witwa Icyitegetse Angelique yabuze mu minsi mike ishize, abavandimwe be n’abaturanyi babonye hashize iminsi batangira kumushakisha ariko uko igihe cyicuma batakaza icyizere cyo kuzamubona.

Umwe mu baturanyi b’uyu muryango yabwiye Radio 10 ati “Barumuna be na basaza be bagiye bavuga ngo uyu muntu ashobora kuba atakiriho, birangira umuntu abuze ariko nyuma bampamagaye bambwira ko bamubonye mu kiyaga hagati ya Shywa na Mugesera. Umuntu tubona aho yari ari baramukanyaze n’umufuka ku gice cya ruguru, ikindi gihimba nta we uzi aho bagishyize.”

Aba baturanyi bavuga ko igice cyo hejuru, cy’inda n’amabere ari cyo cyabonetse mu mufuka aho mu Kiyaga cya Mugesera, na ho igice cyo hasi cyo cyakomeje kuburirwa irengero.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ( RIB ), Dr Murangira Thierry, yahamije ko hari umugabo watawe muri yombi akekwaho kwica umugore we umurambo akawujugunya mu Kiyaga cya Mugesera.

Yemeje ko hagikorwa iperereza ngo hamenyekane uko uyu mubyeyi yishwe n’aho icyo gice cy’umubiri we kindi cyagiye.

Yavuze ko uyu muryango wari umaze igihe ufitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo ndetse ngo bari no mu nzira zo gushaka gatanya.

Uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Zaza mu gihe hagikorwa iperereza kugira ngo dosiye ye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

6 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

7 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

7 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago