INKURU ZIDASANZWE

Gatsibo: Umusaza ukuze yiyahuje imiti y’imbeba

Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 65 wo mu karere ka Gatsibo yasanzwe yiyahuje imiti y’imbeba yapfuye.

Advertisements

Amakuru avuga ko ibi byabaye kuri uyu wa gatatu tariki 16 Kanama 2023, mu Mudugudu w’Agakire, Akagari ka Kanyangese mu Murenge wa Rugarama aho yarasanzwe atuye.

Ni nyuma y’uko urupfu rw’uyu musaza rutahuwe bagasanga iruhande rwe hari imiti y’imbeba bikekwa ko ariyo yamuhitanye.

Gusa amakuru yarahari ni uko uyu musaza yaramaze igihe arwaye uburwayi bw’amara, yarabyimbye ndetse ko atari akibana mu cyumba kimwe n’umugore bityo bikaba aribyo byamuteye ihungabana bituma afata icyemezo cyi kwiyambura ubuzima.

Gitifu w’Umurenge wa Rugarama, Gisagara Mukayiranga Edith yabwiye Umuseke dukesha iy’inkuru ko bamenye amakuru y’urupfu rw’uwo musaza.

 Ati “Bamusanze mu nzu, aho yari aryamye hari n’udusashe tw’imiti y’imbeba yapfuye.”

Gitifu akomeza avuga ko inzego z’ibanze zahageze, polisi na RIB kugira ngo hatangire gukorwa isuzuma ry’ubuzima ry’abaganga ngo bemeze icyo yazize mbere yuko  ajya gushyingurwa.”

Ni mugihe Gitifu aha yasabye abaturage kujya birinda kwiyambura ubuzima ahubwo bagakunda ubuzima bwabo.

Agira ati “Igihe cyose duhora tubwira abaturage ko igihugu gihora kibakeneye bityo badakwiriye kujya bihererana ibibazo byabo kuko inshuti, abavandimwe n’ubuyobozi baba bahari hanyuma yumve ko igisubizo ari ukwiyambura ubuzima.”

Umubiri wa Nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro bya Kizigiro kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago