INKURU ZIDASANZWE

Kamonyi: Umwana yahiriye mu nzu arapfa

Amakuru yatanzwe na Gitifu wa Nyamiyaga Mudahemuka Jean Damascène yavuze ko ibi byago by’umwana wahiriye mu nzu byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Kanama 2023 mu Mudugudu wa Nkoto Akagari ka Kabashumba, Umurenge wa Nyamiyaga, Akarere ka Kamonyi.

Amakuru yemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi avuga ko uruhinja rwahiriye mu nzu biturutse kuri bateri ya telefone yaturitse rugakongora inzu.

Nk’uko dukesha iy’inkuru UMUSEKE ngo uru ruhinja rwahise ruhasiga ubuzima.

Uyu mwana w’uruhinja wishwe n’inkongi y’umuriro yitwaga Akezakase Desange akaba yari yarabyawe n’ababyeyi bitwa Ntwari Olivier na Yamfashije Flavia.

Gitifu avuga ko bakimara kumenya ibyo ko bibaye bahise batabara n’inzego z’Ubungezacyaha, Polisi na Dasso ariko basanga umwana yamaze gushiramo umwuka.

Ati “Iyi nkongi y’umuriro yishe uyu mwana yaturutse kuri Telefoni yari yasizwe icometswe n’ababyeyi be bagiye mu kazi, birangira ifashe ikongeje inzitiramubu, ibiryamira n’ibindi bikoresho byo mu nzu byaje kugera no kuburiri bw’umwana yararyamyeho arashya kugeza apfuye.”

Gitifu akomeza avuga ko abaturage aribo babanje kugera ahabereye ibyo byago bagerageza kuzimya igice kimwe ariko ntibyagira icyo bitanga basanga umwana yamaze kwitaba Imana.

Inzu umwana yahiriyemo

Ibi byago byabaye ubwo Nyina w’umwana ngo yari yagiye mu gishanga gushaka icyo bafungura, naho Se we yari yagiye gupagasa bisanzwe, gusa bakaba bari bazi y’uko umwana umwe (Nyina) ari buhite agaruka.

Umurambo w’umwana wahise ujyanwa mu bitaro bya Remera Rukoma kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago