Muri Leta ya Edo mu gihugu cya Nigeria hari abantu bitwaje intwaro bakekwaho kuba ari abicanyi bateye umupasiteri witwa Samuel Chinyereugo, bica umugore we, witwa Peace.
Iri torero ryatewe n’abagizi ba nabi bari bitwaje imbunda rizwi nka God’s Vineyard of Grace Dominion Assembly, riherereye ku muhanda wa 101 wa Lawani, mu Mujyi wa Benin ahagana saa moya z’umugoroba ku wa mbere, tariki ya 14 Kanama 2023, maze binja amasasu uwo pasiteri w’iryo torero.
Bivugwa ko uwari wungirije pasiteri na we ngo yaba yarakomerekejwe ku mutwe ubwo habaga icyo gitero.
Amakuru yatanzwe n’utashatse ko amazina ye atangazwa yabwiye Punch ko abantu bitwaje imbunda bakurikiranye uwo mu pasiteri wari utwaye imodoka hamwe n’umugore we ku rusengero, aho babinjiye amasasu bakimara guhagarika imodoka yabo imbere y’itorero.
Uwatanze amakuru yagize ati: “Bamwe mu bagize iryo torero, barimo n’umushumba wungirije, bari hanze y’itorero barimo kuganira mbere ya gahunda y’umunsi yari iteganijwe itangira ubwo pasiteri n’umugore we bahageraga.”
Uyu muvugabutumwa yavuze ko yari yarigeze kubona imodoka imukurikirana, aho yari yasuye inshuti ye maze atungurwa no kubona imodoka imwe ihagarara inyuma ye imbere y’itorero rye.
Ati: “Umwe mu bantu batatu bari bitwaje imbunda yavuye mu modoka yegereye pasiteri, amwambura umusaraba yari yambaye mu ijosi maze abandi bagizi ba nabi bombi barasa inyuma yabo.
Umugore wa pasiteri wari warashwe n’amasasu yaje gupfira ku bitaro nyuma y’amasaha make, mu gihe umugabo we n’uwari umwungirije babashije kwitabwaho kwa muganga barasohoka.
Umuvugizi wa polisi muri Leta, SP Chidi Nwabuzor, wemeje ayo makuru yavuze ko hahise hatangira gukorwa iperereza kugira ngo rifatire abari inyuma y’icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi kandi ababiri inyuma bashyikirizwa ubutabera.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…