Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakiriye mu biro bye biherereye ku Kacyiru umuhanzi Davido ukomoka mu gihugu cya Nigeria.
David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido mu muziki yakiriwe na Perezida Kagame abasha kugirana ibiganiro, ni mugihe uyu muhanzi ategerejwe na benshi mu gitaramo kizaba kuri uyu wa gatandatu tariki 19 Kanama 2023, gisoza icyumweru cy’iserukiramuco rya Giants Of Africa.
Davido yaraherekejwe n’umuyobozi wa Giants of Africa Masai Ujiri, ari nawe wateguye iserukiramuco.
Umuhanzi Davido yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane arikumwe n’itsinda rizamucurangira muri iki gitaramo gitegeranyijwe amatsiko na benshi kizabera muri Bk Arena.
Ni igitaramo cya kabiri kibaye muri iki cyumweru dore ko iri serukiramuco ryatangijwe n’igitaramo cyasusurukijwe n’umuhanzi Diamond Platnumz ukomoka mu gihugu cya Tanzania.
Igitaramo cya Davido yatumiwemo azahuriramo n’abandi barimo umuhanzikazi Tiwa Savage, Bruce Melodie ndetse na Tyla.
Ni igitaramo giteganyijwe gutangira kare ahagana ku isaha ya Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha y’i Kigali, ni mugihe amatike yo kwinjira yashize ku isoko.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…