RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje impamvu aherutse gushyira muri Guverinoma abakiri bato

Kuri uyu wa Kane, tariki 24 Kanama 2023, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bashya batatu baherutse kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda.

Advertisements

Abo barahiriye barimo Maj Gen Albert Murasira uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi na Sandrine Umutoni wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rudakwiye kuba urukurikira gusa, ahubwo rugomba guhabwa inshingano zo kuyobora mu nzego zinyuranye zigamije kubaka Igihugu.

Ati “Imirimo yo kuri uru rwego iba igamije ngo abantu bafate inshingano bo ubwabo no kubo bayobora ariko ikibisumba byose kikaba ko tuba dukorera igihugu cyacu.”

Yakomeje agira ati “Biba byakozwe ku buryo bugendereye kwifuza guha urubyiruko inshingano ngo bakure bumvako badakurikira gusa ahubwo bakwiye no kuyobora ibikorwa bitandukanye byubaka igihugu cyacu.

Mu rubyiruko twari dufitemo Minisitiri nawe mutoya ukura ariko yari umugabo twifuzaga ko tugiramo n’umudamu. Ndibwira ko urubyiruko rwacu ari abahungu n’abagore bazabibonamo.”

Perezida Kagame yavuze ko bakwiriye kubibonamo mu bikorwa bakoze cyane ko ari urubyiruko nkabo nabo kandi bakabigiraho abandi bakabikuriramo nabo bakazitwara neza igihe bahawe inshingano.

Ati “Gufata inshingano,kugira imico yubaka, iyobora,ntabwo ari iby’abakuru gusa bikwiriye guhera mu batoya.”

Perezida Kagame yabwiye aba bayobozi ko hari ibigomba gushyirwamo imbaraga mu maguru mashya ndetse abifuriza imirimo myiza.

Maj Gen Albert Murasira yahawe kuyobora Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi
Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi
Sandrine Umutoni yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago