RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje impamvu aherutse gushyira muri Guverinoma abakiri bato

Kuri uyu wa Kane, tariki 24 Kanama 2023, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bashya batatu baherutse kwinjira muri Guverinoma y’u Rwanda.

Abo barahiriye barimo Maj Gen Albert Murasira uherutse guhabwa inshingano zo kuyobora Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi na Sandrine Umutoni wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rudakwiye kuba urukurikira gusa, ahubwo rugomba guhabwa inshingano zo kuyobora mu nzego zinyuranye zigamije kubaka Igihugu.

Ati “Imirimo yo kuri uru rwego iba igamije ngo abantu bafate inshingano bo ubwabo no kubo bayobora ariko ikibisumba byose kikaba ko tuba dukorera igihugu cyacu.”

Yakomeje agira ati “Biba byakozwe ku buryo bugendereye kwifuza guha urubyiruko inshingano ngo bakure bumvako badakurikira gusa ahubwo bakwiye no kuyobora ibikorwa bitandukanye byubaka igihugu cyacu.

Mu rubyiruko twari dufitemo Minisitiri nawe mutoya ukura ariko yari umugabo twifuzaga ko tugiramo n’umudamu. Ndibwira ko urubyiruko rwacu ari abahungu n’abagore bazabibonamo.”

Perezida Kagame yavuze ko bakwiriye kubibonamo mu bikorwa bakoze cyane ko ari urubyiruko nkabo nabo kandi bakabigiraho abandi bakabikuriramo nabo bakazitwara neza igihe bahawe inshingano.

Ati “Gufata inshingano,kugira imico yubaka, iyobora,ntabwo ari iby’abakuru gusa bikwiriye guhera mu batoya.”

Perezida Kagame yabwiye aba bayobozi ko hari ibigomba gushyirwamo imbaraga mu maguru mashya ndetse abifuriza imirimo myiza.

Maj Gen Albert Murasira yahawe kuyobora Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi
Jeanine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi
Sandrine Umutoni yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago