MU MAHANGA

Zimbabwe: Chamisa uherutse kuba uwa kabiri mu matora yashinje Perezida Emmerson kwibirwa amajwi

Umunyapolitiki Nelson Chamisa utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Zimbabwe, waje ku mwanya wa kabiri mu matora ya perezida, yashinje Perezida Emmerson Mnangagwa kwiba ubutegetsi binyuze mu matora.

Advertisements

Chamisa, w’imyaka 45, ni umukuru w’ishyaka CCC (Citizens Coalition for Change). Yavuze ko ibyavuye mu matora yo ku wa gatatu ushize byatangajwe n’akanama k’amatora ari ikinamico.

Yavuze ko indorerezi z’amatora zavuye mu mahanga na zo zageze ku mwanzuro nk’uwo.

Ntibitunguranye kuba aya matora birangiye abayemo impaka.

Emerson Mnangagwa yongeye gutorerwa kuyobora Zimbabwe

Mu kiganiro n’abanyamakuru mu murwa mukuru Harare, Chamisa, wagize amajwi 44% mu gihe Mnangagwa yagize 52.6%, yashinje akanama k’amatora gutangaza ibyavuye mu matora bitari ukuri.

Kugeza ubu Chamisa nta gihamya yari yatanga y’ibyo birego bye. Afite igihe kitarenze icyumweru ngo abe yamaze kugeza mu rukiko ikirego cye.

Chamisa yavuze ko hazaba impinduka muri Zimbabwe, ishyaka ZANU–PF rya Mnangagwa ryabishaka cyangwa ritabishaka – yavuze ko atazategereza indi myaka itanu (ahateganyijwe kuba andi matora).

Mnangagwa, w’imyaka 80, yapfobeje ibivugwa n’abanyamahanga banenze ayo matora, ashimangira ko amatora yo muri Zimbabwe yabaye mu mucyo.

Zimwe mu ndorerezi – zirimo n’izo muri Afurika y’amajyepfo – zavuze ko ayo matora atageze ku kigero gisabwa ku rwego mpuzamahanga ndetse n’igisabwa n’itegekonshinga rya Zimbabwe.

Mnangagwa ari ku butegetsi kuva mu 2017, nyuma y’ihirikwa ry’uwahoze ari Perezida w’igihe kirekire wa Zimbabwe Robert Mugabe, wapfuye mu 2019.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago