INKURU ZIDASANZWE

Uganda: Umuntu wa mbere uryama ahuje ibitsina yagejejwe imbere y’urukiko

Nyuma y’aho igihugu cya Uganda gifashe ingamba zo guhana abaryamana bahuje ibitsina, habonetse umusore w’imyaka 20 uregwa gukoresha imibonano mpuzabitsina uwo bahuje igitsina w’imyaka 41 mu buryo bw’ubugome.

Advertisements

Nk’uko ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) kuwa 28 Kanama 2023 byatangaje ko byabonye icyo kirego, ndetse ko uwo musore yarezwe kuwa 18 Kanama 2023. (Reuters) kuwa 28 Kanama 2023 byatangaje ko byabonye icyo kirego, ndetse ko uwo musore yarezwe kuwa 18 Kanama 2023.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bwa Uganda, Jacqueline Okui, yatangaje ko uwo musore yamaze gusomerwa ibikubiye mu kirego yatanzweho ndetse aranagisobanurirwa, gusa ntihasobanuwe uburyo uwo musore yakozemo iyo mibonano mpuzabitsina mu buryo bw’ubugome.

Ku itariki ya 22 y’uku kwezi kwa Kanama, urukiko rwo muri Uganda rwareze ubutinganyi uwahoze ari impirimbanyi iharanira uburenganzira bw’abatinganyi n’undi mugabo, nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda.

Mu cyumweru gishize, urundi rukiko rwo muri Uganda rwareze umugore w’imyaka 26 ubucuruzi bw’abantu n’ibirego bitatu by’ubutinganyi.

Mbere yaho muri uku kwezi, banki y’isi yavuze ko ibaye ihagaritse inguzanyo nshya kuri Uganda, ivuga ko itegeko rihana abatinganyi rinyuranyije n’indangagaciro shingiro zayo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago