Itsinda ry’abasirikare bakuru ba Gabon bagaragaye kuri televiziyo mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki ya 30 Kanama batangaza ko bafashe ubutegetsi nyuma y’uko perezida Ali Bongo yongeye gutorwa.
Bagaragaye kuri televiziyo y’Igihugu ‘Gabon24’, aba basirikare bavuze ko bahagarariye ingabo zose z’umutekano n’ingabo mu gihugu cya Afurika yo hagati.
Aba basirikare bavuze ko ibyavuye mu matora byahagaritswe, imipaka yose ifunga kugeza igihe hazamenyeshwa kandi inzego za Leta zasheshwe.
Igisirikare cyagize ati: “Mw’izina ry’abaturage ba Gabon… twahisemo kurengera amahoro dushyiraho ubutegetsi kuri ubu.”
Ibi bibaye nyuma y’amakimbirane menshi yadutse nyuma y’ibyavuye mu matora yashidikanyweho yo ku wa gatandatu y’umukuru w’igihugu, abadepite, n’izindi nzego, aho Bongo yegukanye intsinzi, bigatuma umuryango we kuri ubu umaze imyaka 56 ku butegetsi.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko hakwiriye kubaho amavugurura mu matora kandi bakomeje guharanira impinduka mu bihugu bikungahaye kuri peteroli na kakao ariko kandi bikennye.
Kutagira indorerezi mpuzamahanga, guhagarika ibiganiro bimwe na bimwe by’amahanga, ndetse n’icyemezo cy’abayobozi cyo guhagarika serivisi za interineti no gushyiraho isaha yo gutaha nijoro mu gihugu hose nyuma y’amatora yateje impungenge z’uko inzira y’amatora ikorwa mu mucyo, bituma abasirikare bafata ubutegetsi.
Ihirikwa ry’ubutegetsi ritumye Gabon nk’igihugu cya Afurika cyinjira mu bindi biheruka guhirikwa ubutegetsi n’abasirikare nyuma ya Burkina Faso, Mali, na Repubulika ya Niger.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…