INKURU ZIDASANZWE

Gabon: Abasirikare batangarije kuri televiziyo y’Igihugu ko bahiritse ubutegetsi bwa Ali Bongo

Itsinda ry’abasirikare bakuru ba Gabon bagaragaye kuri televiziyo mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki ya 30 Kanama batangaza ko bafashe ubutegetsi nyuma y’uko perezida Ali Bongo yongeye gutorwa.

Advertisements

Bagaragaye kuri televiziyo y’Igihugu ‘Gabon24’, aba basirikare bavuze ko bahagarariye ingabo zose z’umutekano n’ingabo mu gihugu cya Afurika yo hagati.

Aba basirikare bavuze ko ibyavuye mu matora byahagaritswe, imipaka yose ifunga kugeza igihe hazamenyeshwa kandi inzego za Leta zasheshwe.

Igisirikare cyagize ati: “Mw’izina ry’abaturage ba Gabon… twahisemo kurengera amahoro dushyiraho ubutegetsi kuri ubu.”

Ibi bibaye nyuma y’amakimbirane menshi yadutse nyuma y’ibyavuye mu matora yashidikanyweho yo ku wa gatandatu y’umukuru w’igihugu, abadepite, n’izindi nzego, aho Bongo yegukanye intsinzi, bigatuma umuryango we kuri ubu umaze imyaka 56 ku butegetsi.

Perezida Ali Bongo wahiritswe ku butegetsi

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko hakwiriye kubaho amavugurura mu matora kandi bakomeje guharanira impinduka mu bihugu bikungahaye kuri peteroli na kakao ariko kandi bikennye.

Kutagira indorerezi mpuzamahanga, guhagarika ibiganiro bimwe na bimwe by’amahanga, ndetse n’icyemezo cy’abayobozi cyo guhagarika serivisi za interineti no gushyiraho isaha yo gutaha nijoro mu gihugu hose nyuma y’amatora yateje impungenge z’uko inzira y’amatora ikorwa mu mucyo, bituma abasirikare bafata ubutegetsi.

Ihirikwa ry’ubutegetsi ritumye Gabon nk’igihugu cya Afurika cyinjira mu bindi biheruka guhirikwa ubutegetsi n’abasirikare nyuma ya Burkina Faso, Mali, na Repubulika ya Niger.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago