Umuhanzi Ricky Martin n’umukunzi we w’umugabo Jwan Yosef bageze kure n’inyandiko zo gushaka gutandukana.
Twakwibutsa ko Martin na Yosef muri Nyakanga uyu mwaka aribwo batangaje ko bagiye kurekana nyuma y’imyaka 6 bashakanye. Icyo gihe abashakanye banditse bati “Twahisemo guhagarika ishyingiranwa ryacu n’urukundo, kubahana no kubaha abana bacu no kubasangiza ibyo twabonye nk’abashakanye muri iyi myaka yabaye myiza cyane.
“Icyifuzo cyacu gikomeye muri iki gihe ni ugukomeza kugira umuryango ufite ubuzima buzira umuze ndetse n’umubano ushingiye ku mahoro n’ubucuti kugira ngo dukomeze uburere bw’abana bacu, dukomeza guha icyubahiro urukundo dufitanye.”
Bombi ubu bagiranye amasezerano yanditse atavuguruzwa. Mu gihe amakuru atarashyirwa ahagaragara, TMZ yavuze ko bombi bazatangazwa ko batandukanye burundu umucamanza amaze gushyira umukono ku masezerano yabo.
Uyu muhanzi ukomeye ukora injyana ya Pop asangiye abana bato na Yosef; umukobwa Lucia n’umuhungu Renn. Ricky Martin afite kandi abahungu b’impanga, Matteo na Valentino, bombi barera nk’umubyeyi umwe. Abana bose uko ari bane bavutse binyuze muri surrogate.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…