MU MAHANGA

Perezida Kagame yitabiriye inama muri Kenya yiga ku mihindagurikire y’ikirere

Kuri uyu wa kabiri tariki 05 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye inama yiga ku ihindagurika ry’ikirere izamara iminsi itatu.

Advertisements

Ni inama biteganijwe ko yitabirwa n’abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma basaga 20 , bakakirwa na Perezida William Ruto uyitangiza ku mugaragaro muri Kenya.

Ni inama yateguwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ufatanyije na Guverinoma ya Kenya.

Raporo yakozwe n’Umuryango w’Abibumbye mu mwaka ushize wa 2022, yagaragaje ko ku Isi hose ababarirwa muri miliyoni 17 bagezweho n’ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere zirimo amapfa, inkongi z’umuriro ndetse n’imyuzure.

Iyo raporo kandi ivuga ko ababarirwa muri miliyoni 7 bavuye mu byabo kubera kwibasirwa n’ibiza, mu gihe ababarirwa muri miliyoni 140 bafite ikibazo cy’ibiribwa bike bitewe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Iyi nama kandi yanitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye António Guterres.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago