Kuri uyu wa kabiri tariki 05 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye inama yiga ku ihindagurika ry’ikirere izamara iminsi itatu.
Ni inama biteganijwe ko yitabirwa n’abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma basaga 20 , bakakirwa na Perezida William Ruto uyitangiza ku mugaragaro muri Kenya.
Ni inama yateguwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ufatanyije na Guverinoma ya Kenya.
Raporo yakozwe n’Umuryango w’Abibumbye mu mwaka ushize wa 2022, yagaragaje ko ku Isi hose ababarirwa muri miliyoni 17 bagezweho n’ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere zirimo amapfa, inkongi z’umuriro ndetse n’imyuzure.
Iyo raporo kandi ivuga ko ababarirwa muri miliyoni 7 bavuye mu byabo kubera kwibasirwa n’ibiza, mu gihe ababarirwa muri miliyoni 140 bafite ikibazo cy’ibiribwa bike bitewe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.
Iyi nama kandi yanitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye António Guterres.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…