IMYIDAGADURO

Abahanzi 8 nibo bemejwe kuzaririmba mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bizenguruka igihugu

Ku wa Kane tariki 7 Nzeri 2023, ni bwo herekenywe abahanzi bagiye gutangira urugendo mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival byo kuzenguruka igihugu.

Advertisements

Ni ibitaramo bigarutse nyuma y’imyaka itatu bidakorwa imbonankubone, ni mugihe icyaherukaga cyabaye mu mwaka 2019, mbere y’uko COVID-19 yaduka.

Ariko nyuma yaho byaje kujya bikomereza gutambutswa kuri Television y’Igihugu.

Abahanzi barimo, Riderman Bruce Melodie, Bushali, Chriss Eazy, Alyn Sano, Niyo Bosco, Bwiza, Afrique nibo bazasusurutsa abazitabira ibyo bitaramo mu Ntara enye ndetse n’Umujyi wa Kigali.

Abahanzi 8 nibo bemejwe kuzaririmba mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival

Ibi bitaramo biteganyijwe gutangirira i Musanze mu Majyaruguru tariki 23 Nzeri bikomereze i Huye mu Majyepfo ku ya 30 Nzeri 2023.

Mu kwezi k’Ukwakira bizerekeza i Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba ku tariki 7 nyuma hakurikireho i Rubavu mu Burengerazuba ku itariki ya 14 Ukwakira 2023, bikazasozwa n’igitaramo cyo mu Mujyi wa Kigali, kizaba ku itariki ya 25 Ugushyingo 2023.

Ni ibitaramo bitazasaba ikiguzi ku mufana ariko ku muntu ushaka kujya muri VIP azajya yishyura 3000 Frw nk’uko byemejwe n’umuyobozi wa EAP Mushyoma Joseph.

Mushyoma Joseph uhagarariye EAP isanzwe itegura igitaramo cya Iwacu Muzika Festival avuga ko ari uburyo bwiza bwo kwegereza abahanzi abakunzi babo basanzwe batuye no mu Ntara zitandukanye z’igihugu.

Mushyoma Joseph asanzwe ategura ibitaramo bya Iwacu Muzika Festival

Ati “Ni uburyo bwiza bwo gutegura ibitaramo twishimira umuziki wacu mu buryo bwo kuwuteza imbere ari nako abahanzi bahura n’abakunzi babo baba bibera iyo kure batajya bababona.

Mushyoma Joseph avuga ko uyu mwaka bahisemo abo bahanzi ariko ntakindi cyakurikijwe gusa mu yindi myaka izaza bazagenda bahinduka bitewe ni uko umuhanzi yakoze.

Ku ruhande rwa bahanzi bose batoranyijwe bazitabira igitaramo cya Iwacu Muzika Festival bahuriza hamwe bashimira EAP ku gikorwa cyiza iba yateguye bavuga ko abari umwanya mwiza wo kugira ngo bahure n’abakunzi babo bo hirya no hino mu gihugu.

Iwacu Muzika Festival muri uyu mwaka yungutse n’abaterankunga barimo MTN Rwanda sosiyete y’Itumanaho ikaba ari nayo muterankunga mukuru, uruganda rwa Inyange Ltd ndetse na Rwanda Forensic Institute ariyo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago