RWANDA

Musinguzi Frank wari warambuwe Motel ye n’uwahoze ari umusirikare ukomeye yayisubijwe

Musinguzi Fred ukorera imirimo y’ubushabitsi mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yamaze gusubizwa Motel ye yari yarambuwe n’uwahoze ari umusirikare mu ngabo z’u Rwanda.

Amakuru dukesha RBA, aremeza ko nyuma y’uko Perezida Kagame ahaye umurongo iki kibazo cyahise gikemuka.

Ku wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, nibwo uyu Musiguzi Frank yagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’uko yambuwe Motel n’umusirikare.

Hari mu muhango wo kwizihiza imyaka icumi gahunda ya Youth Connekt igamije guteza imbere urubyiruko.

Frank ari mu byishimio nyuma yo gusubizwa Motel ye

Ni umuhango wari witabiriwe n’urubyiruko rusaga ibihumbi Bibiri rwaturutse mu bice byose by’igihugu ndetse no hanze yacyo.

Ubwo yakiraga ibibazo n’ibitekerezo by’uru rubyiruko, Musinguzi Frank, yamugejejeho ikibazo cy’uko yaguze na Rtd Col Mabano Joseph Hotel ya Miliyoni 210 Frw, ariko uyu musirikare akaba yaranze kuyirekura kandi uyu musore yaramwishyuye amafaranga yose bari bemeranyije, hakaba hari hashize amezi Atandatu.

Yagize ati “Naguze Hotel ya Miliyoni 210 nyuma yo gufata inguzanyo ya Banki, nyigura na Rtd Col. Mabano Joseph none ntarayimpa niwe ukiyibyaza umusaruro kuva mu kwezi kwa Gatatu uyu mwaka.”

Musinguzi Frank wavuzeko amaze imyaka 10 yiyeguriye imirimo y’ubushabitsi, yagaragarije Umukuru w’igihugu ko ikibazo cye yakigejeje ku nzego zitandukanye zirimo n’Ubuyobozi bw’akarere ka Kicukiro iyo Motel iherereyemo.

Yagize ati “Icyo kibazo ntaho ntakigejeje. Nakijyanye ku karere ka Kicukiro, ku Mujyi wa Kigali, no mu nzego za gisirikare nko muri Reserve Force ariko ntacyo bamfashije none amezi atandatu arashize.”

Perezida Kagame yasabye inzego zirimo Umujyi wa Kigali, Minisiteri y’Ubutera n’Ingabo z’u Rwanda, gukemura ikibazo cy’uyu musore witwa Musinguzi Frank.

Umukuru w’igihugu yongeye gutangazwa n’ukuntu umuntu ariganywa abayobozi babireba, abategeka kubikurikirana vuba kigakemuka.

Yagize ati “Niba aribyo bizakurikiranwa. Mbishinze inzego ebyiri zirimo iza gisirikare n’iz’ubutabera.”

Yahise abaza Meya w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa kubigira ibye, ikibazo kigakemuka vuba cyane.

Christian

Recent Posts

Kenya: Polisi iri gushakisha Pasiteri wakomereje abagore avuga ko abasengera amadayimoni

Mu gihugu cya Kenya, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich…

15 hours ago

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira yavuze ku iyicwa ry’imbwa ya Turahirwa Moses nawe warusimbutse

Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) Dr Murangira B. Thierry yasobanuye imvano y'urugomo rwakorewe Turahirwa Moses…

18 hours ago

Umukino wa shampiyona wagombaga guhuza APR Fc na Rayon Sports wimuriwe igihe

Urwego rutegura Shampiyona y’u Rwanda “Rwanda Premier League” rwimuye umukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona…

18 hours ago

Hashyizweho abayobozi bashya b’abahuza mu biganiro bya Luanda na Nairobi

Ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare ni bwo imiryango ya EAC na SADC yabatangaje…

23 hours ago

Abashatse kwivugana Turahirwa Moses bikabapfubana bafashwe na Polisi

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho guhohotera Turahirwa Moses washinze…

1 day ago

John Legend yasubije abari bamushyizeho igitutu ngo ntataramire mu Rwanda

Umuhanzi w'icyamamare John Legend, wari washizweho igitutu cyo guhagarika gukorera igitaramo i Kigali, yavuze ko…

2 days ago