Uwicyeza Pamella uherutse kurushinga na The Ben imbere y’amategeko, yagaragaje ko yifuza guherekeza umugabo we mu bitaramo ateganya gukorera i Bujumbura ndetse yongeraho ko zahoze ari inzozi ze gusura iki gihugu.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Uwicyeza yagize ati “Ese wabyemera ko twazajyana? Nkunda u Burundi nahoze nifuza kubusura kuva kera.”
Ni ubusabe uyu mugore yahaga umugabo we bugaca amarenga ko aba bombi bashobora kuzaba bari kumwe i Bujumbura ku wa 1 Ukwakira 2023 mu gitaramo cyatumiwemo The Ben.
Uwicyeza Pamella avuze kuri ubu busabe mu gihe ku rundi ruhande umugabo we akomeje imyiteguro y’ibitaramo bibiri ateganya gukorera i Burundi ku wa 30 Nzeri 2023 mu gihe ku wa 1 Ukwakira 2023.
Byitezwe ko The Ben azabanza guhura n’abakunzi be mu gitaramo cya VIP kizabera ahitwa Eden Garden Resort ku wa 30 Nzeri 2023, kwinjira bizaba ari ibihumbi 100Fbu na miliyoni 2 Fbu ku meza y’abantu umunani, bagahabwa amacupa abiri ya Champagne.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…