Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yeguye ku mirimo ye, nyuma y’uko yemejwe ku mugaragaro nk’umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ateganyijwe tariki 9 Ugushyingo 2023.
Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters, byatangaje ko mu bakandida bahatanira kuyobora iki gihugu harimo na Andry Rajoelina.
Itegeko Nshinga rya Madagascar risaba Umukuru w’igihugu ushaka kwiyamamariza kongera gutorwa, kubanza kwegura ku buyobozi mbere yo kwinjira mu matora.
Urukiko rushinzwe kurinda ubusugire bw’Itegeko Nshinga muri Madagascar, rwatangaje ko Andry Rajoelina, yarushyikirije ibaruwa yo kwegura ku mwanya wa Perezida ku wa Gatandatu tariki ya 9 Nzeri 2023, nyuma yo kwemezwa nk’umukandida.
Itegeko ry’iki gihugu riteganya ko Perezida wa Sena ari we uhita uhabwa kuyobora igihugu, iyo Perezida yeguye. Gusa urukiko rwatangaje ko ukuriye Sena ya Madagascar, Herimanana Razafimahefa, yanze iyo mirimo. Imirimo yo kuyobora igihugu izaba ikorwa na Minisitiri w’Intebe afatanyije n’abagize Guverinoma.
Ku wa gatandatu w’icyumweru gishize, Urukiko rukuru rwatangaje urutonde rw’abantu 13 bemewe kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Madagascar, batoranyijwe mu bakandida 28 batanzwe.
Mu bemejwe harimo Andry Rajoelina wari usanzwe ari Perezida w’iki gihugu na Mark Alvanana wigeze kukiyobora.
Igihugu cya Madagascar cyatangaje ko amatora azakorwa mu mutuzo, nyuma y’imvururu zakibasiye mu matora ya 2009, ubwo Perezida Andry Rajoelina yahirikaga ku butegetsi Perezida Marc Ravalomanana, bigatuma abashoramari benshi bava muri iki gihugu kiri mu kirwa kiri mu Nyanja y’Ubuhinde.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…