IMIKINO

Pyramids Fc yashyize hanze urutonde rw’amazina akomeye izanye i Kigali guhangana na APR FC

Ikipe ya Pyramids FC yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi bafite amazina akomeyr izazana i Kigali guhura na APR FC mu gushaka itike y’amatsinda y’irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo.

Ikipe ya Pyramids FC yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi izazana i Kigali gukina na APR FC mu gushaka itike y’amatsinda y’irushanwa nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, biganjemo amazina akomeye.

Abo bakinnyi barimo Ramadhan Sobhi wakinnye muri Stoke City mu Bwongereza na Fiston Kalala Mayele wahoze muri Yanga SC umwaka ushize, barimu bakinnyi 23 Pyramids imanukanye i Kigali, guhangana na APR FC.

Ibi bibaye nyuma yo gushyira ahagaragara imyambaro mishya izakoresha muri uyu mwaka w’imikino.

Chairman wa APR FC, Lt Col Karasira Richard, yatangarije abanyamakuru ko APR FC nta rwitwazo ikwiye kugira iramutse ikuwemo na Pyramids FC mu Ijonjora rya Kabiri rya CAF Champions League.

Yasobanuye ko mu kurambagiza abakinnyi APR FC iri kwifashisha, harebwe ku bafite inararibonye mu gukina amarushanwa akomeye.

Ati “Iyo urebye imyaka yabo ubona ari abantu bazobereye. Uko tubabona uhereye ku munyezamu, Bindjeme, Lwanga, ukagira Shaiboub na bariya b’imbere ba Victor… ubona ari abantu bamenyereye amarushanwa.”

Lt Col Karasira yahise avuga ko ibyo bitanga icyizere ko na Pyramids, APR FC izakirira kuri Kigali Pelé Stadium, ku Cyumweru, tariki ya 17 Nzeri 2023, ko bazitwara neza.

Ati “Byabaho ko batsindwa ariko nta bwoba bagira. Bindjeme arakubwira ati Mayele tumaze guhagararana gatatu mu kibuga. Yamutsinda nta gitangaza ariko ntabwo yamukanga ni ko atubwira. Njye ntekereza ko twakoze amahitamo meza.”

Uyu mukino utegerejwe na benshi mu bafana ba APR FC, igiciro gito ku bazawureba ni 5000 Frw. Ubuyobozi bw’iyi kipe buvuga ko kidahanitse urebye ku buremere bw’umukino.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago