RWANDA

Ubuyobozi bw’ikipe ya Gorilla Fc bwajyanywe mu nkiko

Djafari wakiniraga Gorilla FC biravugwa ko, yiyambaje ubutabera ngo arenganurwe ku karengane yagiriwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe.

Advertisements

Abinyujije muri G&G Advocates ikunze kuburanira abakinnyi, Uwizeye Djafari ukina mu kibuga hagati, yatanze ikirego mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, arega ubuyobozi bw’ikipe ya Gorilla FC bwasheshe amasezerano mu buryo butubahirije amategeko nk’uko bigaragara mu nyandiko y’ikirego.


Uwizeye Djafari yageze mu ikipe ya Gorilla FC tariki 18 Kanama, ubwo yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka ibiri ari umukozi wayo. Ntabwo aya masezerano yaje kubahirizwa, kuko nyuma y’umwaka umwe w’imikino yaje guhabwa urwandiko rumusezerera mu kazi atabwiwe impamvu ndetse nta n’ibiganiro bagiranye.


Uyu mukinnyi ukina imbere ya ba myugariro, yandikiye FERWAFA nk’uko bigaragara mu nyandiko, asaba indishyi zituruka ku gusesa amasezerano binyuranyije n’amategeko.


Uwizeye Djafari yageze mu ikipe ya Gorilla FC avuye muri Espoir FC ubwo yari azanwe na Gatera Musa wamotozaga no muri Espoir FC, akaba yaranyuze no mu makipe arimo Gicumbi FC na Amagaju FC.


Urwandiko Uwizeye Djafari binyuze mu bamuhagarariye mu mategeko, yajyanye muri FERWAFA.

Uwizeye Djafari bivugwa ko yagize ikibazo cy’imvune ubwo umwaka w’imikino 2022-23 watangiraga, bigatuma Gorilla FC ihitamo kumukura mu mibare.

Urwandiko Gorilla FC yandikiye Uwizeye Djafari imusezerera ndetse inamwemerera kwishakira indi kipe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago