Mukakamanzi Beata wamamaye nka Mama Nick muri filimi y’uruhererekane ya City Maid ikundwa na benshi kuri RTV,yaraye mu bitaro aho agiye kubagwa nyuma y’impanuka yakoze ikamutera imvune.
Mukakamanzi Beatha yasabye ubufasha bwo kwivuza nyuma y’iyi mpanuka yakoze muri Werurwe 2023.
Ubwo yari ameze nabi ari kwivuza,nibwo yahuye n’ibindi byago bikomeye,apfusha umwana we,muri Gicurasi 2023.
Uyu mubyeyi usigaye ugendera mu mbago, iyi mpanuka yamusigiye ikibazo mu kuguru no mu rukenyerero ubu akaba akeneye miliyoni 8 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo avurwe akire neza.
Umunyamakuru Murungi Sabin wa Isimbi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze,yavuze ko Mama Nick yaraye mu bitaro,yiteguye kubagwa kuri uyu wa gatatu.
Yakomeje agira ati “Kuri Telephone ambwiye [Mama Nick] ko amaze kwakira amafaranga asaga miliyoni eshatu.GoFundMe [urubuga rw’abamuha ubufasha] imaze kujyaho hafi 1800 USD.
Azabagwa ku wa Gatatu tariki ya 18 Ukwakira 2023.
Twizeye ko azamara kubagwa amafaranga yose yabonetse. Mukomeze mu mufashe biciye kuri nimero ye +250788222380 [Mukakamanzi Beata].
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…